ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 73 p. 172-p. 173 par. 2
  • Yohana abwira abantu ko Mesiya ari hafi kuza

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yohana abwira abantu ko Mesiya ari hafi kuza
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Yohana Umubatiza ategura inzira
    Yesu ni inzira, ukuri n’ubuzima
  • Yesu aba Mesiya
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Yohana Ategura Inzira
    Umuntu Ukomeye Kuruta Abandi Bose
  • Mbese, Yohana Yaba Yarabuze Ukwizera?
    Umuntu Ukomeye Kuruta Abandi Bose
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 73 p. 172-p. 173 par. 2
Yohana Umubatiza yigisha abantu ku nkombe z’Uruzi rwa Yorodani

IGICE CYA 73

Yohana abwira abantu ko Mesiya ari hafi kuza

Igihe Yohana umuhungu wa Zekariya na Elizabeti yari amaze gukura, yabaye umuhanuzi. Yehova yaramukoresheje kugira ngo amenyeshe abantu ko Mesiya yari hafi kuza. Ariko Yohana ntiyigishirizaga mu masinagogi cyangwa mu mijyi. Ahubwo yigishirizaga mu butayu. Abantu bamusangagayo baturutse i Yerusalemu no mu duce twose tw’i Yudaya kugira ngo abigishe. Yabigishije ko bagombaga kureka gukora ibyaha kugira ngo bashimishe Imana. Abantu benshi bumvise ibyo yabigishaga, barihana maze ababatiriza mu Ruzi rwa Yorodani.

Yohana yabagaho mu buzima bworoheje. Yambaraga umwenda ukozwe mu bwoya bw’ingamiya kandi akarya udusimba bita inzige n’ubuki. Abantu bagiraga amatsiko yo kumenya Yohana. Abafarisayo n’Abasadukayo bari abibone, na bo baje kumureba. Yarababwiye ati: “Mugomba kureka ibikorwa byanyu bibi, mukihana. Ntimwibwire ko muri abantu badasanzwe kubera ko gusa muvuga ko muri abana ba Aburahamu. Ibyo ntibisobanura ko muri abana b’Imana.”

Abantu benshi bazaga kureba Yohana bakamubaza bati: “Dukore iki kugira ngo dushimishe Imana?” Yohana yabwiraga Abayahudi ati: “Niba ufite imyenda ibiri, umwe uwuhe udafite n’umwe.” Ese uzi impamvu yababwiraga atyo? Yashakaga ko bamenya ko umuntu udakunda mugenzi we adashobora gushimisha Imana.

Yohana yabwiye abasoresha ati: “Mujye muba inyangamugayo, ntimukagire uwo mutwara ibye.” Abasirikare bo yarababwiye ati: “Ntimukarye ruswa cyangwa ngo mubeshye.”

Abatambyi n’Abalewi na bo baje kureba Yohana baramubaza bati: “Uri nde? Abantu bose bifuza kukumenya.” Yohana yarababwiye ati: “Ni njye uvugira mu butayu, nkayobora abantu kuri Yehova nk’uko Yesaya yabihanuye.”

Abantu bakundaga ibyo Yohana yabigishaga. Abenshi batekerezaga ko yari Mesiya. Ariko yarababwiye ati: “Hari undi muntu ukomeye kundusha uri hafi kuza. Sinkwiriye no gupfundura agashumi ko ku rukweto rwe. Njye mbatirisha amazi, ariko we azabatirisha umwuka wera.”

“Yaje gutanga ubuhamya, ku birebana n’umucyo, kugira ngo abantu bose babone uko bizera binyuze kuri we.”​—Yohana 1:7

Ibibazo: Kuki Yehova yohereje Yohana kubwiriza abantu? Ubutumwa bwe babwakiriye bate?

Matayo 3:1-11; Mariko 1:1-8; Luka 3:1-18; Yohana 1:19-28; Yesaya 40:3

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze