ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w12 1/10 pp. 4-5
  • Kuki ruswa idacika?

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Kuki ruswa idacika?
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2012
  • Ibisa na byo
  • Ruswa izacika
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2012
  • Ni Kuki Dusaza Kandi Tugapfa?
    Ubumenyi Buyobora ku Buzima bw’Iteka
  • Kuki hariho ruswa nyinshi cyane?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2000
  • Ese Satani abaho koko?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2012
w12 1/10 pp. 4-5

Kuki ruswa idacika?

“Umuntu yagiye ategeka undi amugirira nabi.”​—UMUBWIRIZA 8:9.

A greedy businessman

AYO magambo agaragaza neza ibyagiye bikorwa n’ubutegetsi bw’abantu. Ubwo butegetsi ni bwo nyirabayazana w’imibabaro n’ingorane abantu bahura na byo. Kuva kera, abantu b’inyangamugayo bagerageje kwimakaza ubutabera, ariko buri gihe imihati yabo yaburizwagamo n’umururumba na ruswa. Kubera iki? Kuki ruswa idacika? Ahanini biterwa n’ibintu bitatu bikurikira:

1. Icyaha.

Bibiliya igaragaza neza ko ‘twese dutwarwa n’icyaha’ (Abaroma 3:9). Ariko kimwe n’indwara idakira umuntu akomora ku babyeyi, icyaha na cyo ‘kitubamo.’ Kimaze imyaka ibarirwa mu bihumbi ‘gitegeka’ abantu nk’umwami. “Itegeko” ryacyo rikomeza kudukoreramo. Kamere yacu ibogamira ku cyaha, ituma abantu benshi bashyira imbere inyungu zabo, bagahatanira ubutunzi cyangwa bakagira inyota y’ubutegetsi, batitaye ku ngaruka bigira ku bandi.—Abaroma 5:21; 7:17, 20, 23, 25.

2. Isi mbi.

Abantu bo muri iyi si barangwa n’umururumba n’ubwikunde, ku buryo kwirinda izo ngeso ubana n’abantu nk’abo bitoroshye. Gushaka kuba ibirangirire, bituma bagira inyota y’ubutegetsi. Nanone bararikira ifaranga n’ubutunzi birenze ibyo mu by’ukuri bakeneye. Ikibabaje ni uko baba biteguye no guhemuka kugira ngo babigereho. Aho kugira ngo abantu barwanye ibyo bikorwa bibi, ‘bakurikira benshi bagamije gukora nabi.’—Kuva 23:2.

3. Satani Umwanzi.

Ikiremwa cy’umwuka cyigometse cyitwa Satani, “kiyobya isi yose ituwe” (Ibyahishuwe 12:9). Satani yishimira kugirira abantu nabi. Ashobora gukoresha amayeri akuririra ku cyifuzo kiba mu bantu cyo gushakisha imibereho myiza n’amafaranga, agatuma bariganya.

Ese ibyo bishatse kuvuga ko turi ibikinisho bya Satani, ku buryo yadukoresha ibyo ashaka byose? Ingingo ikurikira iri busubize icyo kibazo.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze