ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w13 1/11 p. 4
  • Ikinyoma kivuga ko Imana itagira izina

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ikinyoma kivuga ko Imana itagira izina
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
  • Ibisa na byo
  • Impamvu Tugomba Kumenya Izina ry’Imana
    Izina ry’Imana Rizahoraho Iteka
  • Izina ry’Imana
    Nimukanguke!—2017
  • Izina ry’Imana ni irihe?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2019
  • Kuki twagombye gukoresha izina ry’Imana?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2012
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
w13 1/11 p. 4

INGINGO YO KU GIFUBIKO | IBINYOMA BITUMA ABANTU BANGA IMANA

Ikinyoma kivuga ko Imana itagira izina

IBYO ABANTU BENSHI BIZERA.

“Kugeza ubu turacyibaza niba Imana ifite izina, kandi niba inarifite ntituzi iryo ari ryo.”—Porofeseri David Cunningham, Theological Studies.

UKURI KO MURI BIBILIYA.

Imana yaravuze iti “ndi Yehova. Iryo ni ryo zina ryanjye” (Yesaya 42:8). “Yehova” ni izina ry’igiheburayo risobanura ngo “Ituma biba.”—Intangiriro 2:4.

Yehova ashaka ko dukoresha izina rye. Bibiliya igira iti “mwambaze izina rye. Mumenyeshe abantu bo mu mahanga imigenzereze ye. Muvuge ko izina rye rishyizwe hejuru.”—Yesaya 12:4.

Yesu yakoreshaga izina ry’Imana. Igihe yasengaga, yabwiye Yehova ati “nabamenyesheje izina ryawe, kandi nzarimenyekanisha.” Kuki Yesu yamenyesheje abigishwa be izina ry’Imana? Yakomeje agira ati “kugira ngo urukundo wankunze rube muri bo, nanjye nunge ubumwe na bo.”—Yohana 17:26.

IMPAMVU ARI IBY’INGENZI.

Umuhanga mu bya tewolojiya witwa Walter Lowrie, yaranditse ati “umuntu utazi izina ry’Imana mu by’ukuri ntaba ayizi, kandi ntashobora kuyikunda kuko aba atazi ibyayo.”

Umugabo witwa Victor yajyaga mu rusengero buri cyumweru, ariko ntiyigeze yumva ko mu by’ukuri azi Imana. Yagize ati “naje kumenya ko izina ry’Imana ari Yehova. Numvise ari nk’aho noneho itangiye kunyibwira. Byabaye nk’aho mpuye n’Imana najyaga numva. Naje kubona ko ari Imana iriho koko, maze ntangira kugirana ubucuti na yo.”

Yehova na we yireherezaho abantu bakoresha izina rye. Imana yahaye abantu ‘batekereza ku izina ryayo’ isezerano rigira iti “nzabagirira impuhwe nk’uko umubyeyi azigirira umwana we umukorera” (Malaki 3:16, 17). Nanone kandi, Imana igororera abambaza izina ryayo. Bibiliya ivuga ko “umuntu wese wambaza izina rya Yehova azakizwa.”—Abaroma 10:13.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze