ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w14 1/8 p. 16
  • Ibibazo bishingiye kuri Bibiliya

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ibibazo bishingiye kuri Bibiliya
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2014
  • Ibisa na byo
  • Wamenya ute idini ry’ukuri?
    Ubutumwa bwiza buturuka ku Mana
  • Bizagendekera bite amadini muri rusange?
    Ubutumwa bwiza buturuka ku Mana
  • Wamenya ute idini ry’ukuri?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2011
  • Uburyo bwo gusenga bwemerwa n’Imana
    Ni iki mu by’ukuri Bibiliya yigisha?
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2014
w14 1/8 p. 16
Abahamya ba Yehova b’amoko atandukanye bateraniye ku Nzu y’Ubwami

IBIBAZO BISHINGIYE KURI BIBILIYA

Ese amadini yose ashimisha Imana?

Niba ujya wumva amakuru avugwa hirya no hino ku isi, ushobora kuba warabonye ko hari igihe ibintu bibi bikorwa mu izina ry’idini. Amadini yose ntakomoka ku Mana y’ukuri (Matayo 7:​15). N’ikimenyimenyi, Bibiliya ivuga ko abantu benshi bayobye.​—Soma muri 1 Yohana 5:​19.

Icyakora Imana yita ku bantu bafite imitima itaryarya bakunda ukuri kandi bagakunda ibyiza (Yohana 4:​23). Itumirira abantu nk’abo kwiga ukuri ko mu Ijambo ryayo Bibiliya.​—Soma muri 1 Timoteyo 2:​3-5.

Wabwirwa n’iki idini ry’ukuri?

Kugira ngo Yehova Imana afashe abantu baturutse mu madini atandukanye kunga ubumwe, arimo arabigisha ukuri kandi akabatoza gukundana (Mika 4:​2, 3). Ubwo rero idini ry’ukuri uzaribwirwa n’uko abayoboke baryo bitanaho.​—Soma muri Yohana 13:​35.

Yehova Imana arimo arahuriza abantu b’ingeri zose mu idini ry’ukuri.​—Zaburi 133:​1

Abasenga Imana by’ukuri bashingira imyizerere yabo n’imibereho yabo kuri Bibiliya (2 Timoteyo 3:​16). Nanone bubaha izina ry’Imana (Yeremiya 16:​21). Bashyigikira Ubwami bw’Imana kuko bazi ko ari bwo byiringiro rukumbi by’abantu (Daniyeli 2:​44). Bigana Yesu bagakorera abandi ibikorwa byiza, bityo ‘umucyo wabo ukamurika’ (Matayo 5:​16). Ku bw’ibyo, Abakristo b’ukuri uzababwirwa n’uko basura abaturanyi babo mu ngo, kugira ngo babagezeho ubutumwa bwiza bw’Ubwami bw’Imana.​—Soma muri Matayo 24:​14; Ibyakozwe 5:​42; 20:​20.

Niba wifuza ibindi bisobanuro, reba igice cya 15 mu gitabo Ni iki mu by’ukuri Bibiliya yigisha?, cyanditswe n’Abahamya ba Yehova

Nanone kiboneka ku rubuga rwa www.jw.org

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze