IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO
Isi “imira rwa ruzi”
Amateka agaragaza ko hari igihe abategetsi bafashaga ubwoko bw’Imana (Ezr 6:1-12; Est 8: 10-13). No muri iki gihe, “isi” igereranya abategetsi bashyira mu gaciro, yagiye imira ‘uruzi’ rugereranya ibitotezo biterwa n’‘ikiyoka’ kigereranya Satani (Ibh 12:16). Kubera ko Yehova ari ‘Imana ikiza,’ rimwe na rimwe yagiye akoresha abategetsi kugira ngo bafashe ubwoko bwe.—Zb 68:20; Img 21:1.
Niba ufunzwe uzira ukwizera kwawe, ntuzigere utekereza ko Yehova yakwibagiwe (It 39:21-23; Zb 105:17-20). Jya wiringira ko nukomeza kubera Yehova indahemuka bizatera inkunga abavandimwe bacu bo hirya no hino ku isi kandi Yehova akaguha umugisha.—Fp 1:12-14; Ibh 2:10.
MUREBE VIDEWO IVUGA NGO: “ABAVANDIMWE BO MURI KOREYA BARAFUNGUWE,” HANYUMA MUSUBIZE IBI BIBAZO:
Kuki abavandimwe bacu bo muri Koreya y’Epfo babarirwa mu bihumbi, bamaze imyaka myinshi bafungwa?
Ni iyihe myanzuro y’inkiko yatumye abavandimwe bamwe barekurwa mbere y’igihe?
Twafasha dute abavandimwe bacu bo hirya no hino ku isi, bafunzwe bazira ukwizera kwabo?
Twakoresha dute umudendezo dufite muri iki gihe?
Ni nde ukwiriye gushimirwa imanza twatsinze?
Nkoresha nte umudendezo mfite?