ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • wp25 No. 1 pp. 4-5
  • Intambara zitugiraho ingaruka twese

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Intambara zitugiraho ingaruka twese
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2025
  • Ibisa na byo
  • Intambara zizarangira ryari?—Ni iki Bibiliya ibivugaho?
    Izindi ngingo
  • Amafaranga akoreshwa mu ntambara arenga miriyari ibihumbi z’Amadolari—Ariko se mu by’ukuri ikiguzi cy’intambara kingana gite?
    Izindi ngingo
  • Intambara n’urugomo bizavaho bite?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2025
  • Intambara
    Nimukanguke!—2017
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2025
wp25 No. 1 pp. 4-5

Intambara zitugiraho ingaruka twese

“Kuva Intambara ya Kabiri y’Isi Yose yabaho, hirya no hino ku isi habaye intambara nyinshi ku buryo umuntu umwe kuri bane batuye isi, aba mu gace kibasiwe n’izo ntambara.”

Byavuzwe na Amina J. Mohammed, ukora mu Muryango w’Abibumbye, ku itariki ya 26 Mutarama 2023.

No mu bice ubu birimo amahoro, intambara n’urugomo bishobora kuba igihe icyo ari cyo cyose. Ndetse niyo abantu baba bari kure cyane y’ahabera intambara, iyo ntambara ishobora kubagiraho ingaruka. Nanone iyo irangiye, ingaruka zayo zishobora kumara igihe kirekire. Reka turebe ingero zibigaragaza:

  • Ibura ry’ibiribwa. Nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Biribwa ribivuga, “intambara zigira uruhare runini mu gutuma ibiribwa bigabanuka ku isi. Abantu bagera kuri 70 ku ijana bafite inzara hirya no hino ku isi, baba mu bice byibasiwe n’intambara n’urugomo.”

  • Uburwayi n’ihungabana. Iyo abantu batekereza ko intambara iri hafi kuba mu gace k’iwabo, barahangayika cyane. Abantu baba mu duce turimo intambara, baba bashobora gukomereka kandi bakagira ibibazo by’ihungabana. Ikibabaje ni uko akenshi batabona uburyo bwo kujya kwivuza.

  • Kuvanwa mu byabo. Hari raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Mpunzi yavuze ko kugera mu kwezi kwa cyenda 2023, abantu barenga miliyoni 114 bo hirya no hino ku isi, bari baravanywe mu byabo. Ibyo ahanini byatewe n’intambara n’urugomo.

  • Ibibazo by’ubukungu. Akenshi intambara ishobora gutuma ubukungu buhungabana maze ibicuruzwa bigahenda. Abantu bashobora guhura n’ibibazo bitewe n’uko ubutegetsi bukoresha amafaranga menshi cyane mu birebana n’igisirikare, kuruta ayo bukoresha mu buvuzi no mu burezi. Nanone iyo intambara irangiye, gusana ibyangijwe na yo biba bisaba amafaranga menshi cyane.

  • Kwangirika kw’ibidukikije. Abantu bahura n’ibibazo iyo umutungo kamere wari ubabeshejeho wangijwe. Kwanduza amazi, guhumanya ikirere n’ubutaka, bishobora guteza indwara zitandukanye kandi niyo intambara irangiye, abantu baba bashobora gukomeretswa cyangwa bakicwa n’ibisasu byasigaye.

Tuvugishije ukuri intambara irasenya kandi itwara amafaranga menshi.

Icyo ubuhanuzi bwa Bibiliya bwari bwaravuze ku bihereranye n’intambara

Ubuhanuzi bwa Bibiliya buvuga ko intambara n’urugomo ari bimwe mu byari kuranga “iminsi y’imperuka” (Matayo 24:3). Yesu Kristo yaravuze ati:

  • ‘Muzumva iby’intambara n’inkuru zivuga iby’intambara. Igihugu kizatera ikindi n’ubwami burwane n’ubundi.’—Matayo 24:​6, 7.

  • “Nimwumva iby’intambara n’akaduruvayo, ntibizabatere ubwoba.”—Luka 21:9.

    Ijambo ryo mu rurimi Bibiliya yanditswemo ryahinduwemo “akaduruvayo,” rishobora gusobanura imvururu, imyigaragambyo cyangwa kurwanya ubuyobozi buriho no kubwigomekaho.

Niba wifuza ibindi bisobanuro wareba ingingo iri ku rubuga rwa jw.org, ifite umutwe uvuga ngo: “Ni ibihe bimenyetso biranga iminsi y’imperuka?”

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze