ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 6 p. 20-p. 21 par. 5
  • Abantu umunani bararokotse

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Abantu umunani bararokotse
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Ubwato bwa Nowa
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Umwuzure w’isi yose
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Nowa yubaka inkuge
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • ‘Yamukijije hamwe n’abandi barindwi’
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 6 p. 20-p. 21 par. 5
Imvura yaraguye ubwato butangira kureremba hejuru y’amazi

IGICE CYA 6

Abantu umunani bararokotse

Nowa, umuryango we n’inyamaswa, basohotse mu bwato

Nowa n’umuryango we binjiye mu bwato, n’inyamaswa zinjiramo. Yehova yakinze urugi rw’ubwato, maze imvura itangira kugwa. Haguye imvura nyinshi cyane, ku buryo ubwato bwatangiye kureremba hejuru y’amazi. Amazi yaje kuba menshi atwikira isi yose. Abantu babi batari mu bwato bose barapfuye. Ariko Nowa n’umuryango we bari bibereye mu bwato, bameze neza. Ese ushobora kwiyumvisha ukuntu bari bishimye bitewe n’uko bumviye Yehova?

Imvura yamaze iminsi 40 n’amajoro 40 igwa, maze irahita. Hanyuma amazi yatangiye gukama buhoro buhoro. Ubwo bwato bwaje guhagarara ku misozi. Icyakora, Nowa n’umuryango we ntibahise basohoka mu bwato, kuko amazi yari akiri menshi cyane.

Amazi yatangiye gukama gahoro gahoro. Nowa n’umuryango we bari bamaze umwaka urenga mu bwato. Hanyuma Yehova yarababwiye ngo basohoke. Isi yari imeze nk’aho ari nshya. Kubera ko bari bashimishijwe cyane n’uko Yehova yabarinze, bamutambiye igitambo bamushimira.

Umukororombya

Yehova yishimiye icyo gitambo. Yabasezeranyije ko atazongera kurimbura ibiri mu isi byose akoresheje umwuzure. Yashyize umukororombya mu kirere ku nshuro ya mbere, kugira ngo ube ikimenyetso cy’iryo sezerano. Ese wigeze ubona umukororombya?

Hanyuma Yehova yarababwiye ngo babyare abana buzure isi.

‘Nowa yinjiye mu bwato. Abantu ntibitaye ku byari biri kuba kugeza ubwo Umwuzure waje ukabatwara bose.’​—Matayo 24:38, 39

Ibibazo: Byagenze bite Yehova amaze gukinga urugi rw’ubwato? Umukororombya utwibutsa iki?

Intangiriro 7:1–9:17

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze