Ku wa Kane, tariki ya 16 Ukwakira
Nimutunganyirize Yehova inzira! Nimugororere Imana yacu inzira y’igihogere inyura mu kibaya cy’ubutayu.—Yes. 40:3.
Urugendo rwo kuva i Babuloni bajya muri Isirayeli, rwari kumara amezi ane kandi ntirwari rworoshye. Ariko Yehova yabasezeranyije ko yari kubakuriraho ibintu byose, byari gutuma urwo rugendo rubagora. Abayahudi b’indahemuka bari biteguye kwigomwa ikintu icyo ari cyo cyose, kugira ngo basubire mu gihugu cyabo cya Isirayeli. Kubera iki? Kubera ko byari gutuma babona imigisha. Umugisha ukomeye bari kubona, ni uko bari kongera gusenga Yehova mu buryo yemera. I Babuloni nta rusengero rwa Yehova rwari ruhari. Nta gicaniro Abisirayeli bashoboraga gutambiraho ibitambo nk’uko Amategeko ya Mose yabisabaga, kandi nta nubwo abatambyi bashoboraga gutamba ibyo bitambo. Nanone abo Bayahudi bari kumwe n’abantu benshi cyane basengaga izindi mana, kandi ntibumvire Yehova n’amategeko ye. Ni yo mpamvu Abayahudi b’indahemuka bifuzaga gusubira mu gihugu cyabo, kugira ngo bongere gusenga Yehova mu buryo yemera. w23.05 14-15 par. 3-4
Ku wa Gatanu, tariki ya 17 Ukwakira
Mukomeze kugenda nk’abana b’umucyo.—Efe. 5:8.
Dukeneye umwuka wera kugira ngo udufashe gukomeza kwitwara “nk’abana b’umucyo.” Kubera iki? Ni ukubera ko gukomeza kuba umuntu utanduye muri iyi si y’abantu biyandarika, ari ibintu bitoroshye (1 Tes. 4:3-5, 7, 8). Umwuka wera udufasha kurwanya imitekerereze y’abantu bo muri iyi si, batabona ibintu nk’uko Yehova abibona. Nanone kandi, umwuka wera utuma twera imbuto z’umucyo, zikubiyemo “uburyo bwose bwo kugira neza no gukiranuka” (Efe. 5:9). Kimwe mu byo twakora kugira ngo tubone umwuka wera, ni ugusenga tuwusaba. Yesu yavuze ko Yehova ‘aha umwuka wera abawumusaba’ (Luka 11:13). Nanone tubona umwuka wera, iyo dusingiza Yehova turi kumwe n’abandi mu materaniro (Efe. 5:19, 20). Umwuka wera uzadufasha kubaho mu buryo bushimisha Imana. w24.03 23-24 par. 13-15
Ku wa Gatandatu, tariki ya 18 Ukwakira
Mukomeze gusaba muzahabwa, mukomeze gushaka muzabona, mukomeze gukomanga muzakingurirwa.—Luka 11:9.
Ese ukeneye kurushaho kuba umuntu wihangana? Niba ari byo, jya usenga Yehova umusaba ko yagufasha kwitoza umuco wo kwihangana no gukomeza kuwugaragaza. Kwihangana ni imbuto y’umwuka (Gal. 5:22, 23). Ubwo rero tujye dusenga Yehova tumusaba umwuka wera, kandi tumusabe ko yadufasha kugaragaza imbuto zawo. Niduhura n’ikigeragezo, tujye ‘dukomeza gusaba’ umwuka wera, kugira ngo udufashe kwihangana (Luka 11:13). Nanone dushobora gusenga Yehova tumusaba ko yadufasha kubona ibintu nk’uko abibona. Iyo tumaze gusenga, dukora uko dushoboye maze buri munsi tugakomeza kwihangana. Nidukomeza gusenga Yehova tumusaba ko yadufasha kugira umuco wo kwihangana, kandi tukihatira kuwugaragaza, amaherezo tuzaba abantu bihangana. Nanone jya utekereza ku ngero zivugwa muri Bibiliya. Muri Bibiliya harimo abantu bagaragaje umuco wo kwihangana. Gutekereza ku nkuru zabo, byadufasha kumenya uko twagaragaza uwo muco. w23.08 22 par. 10-11