Ku wa Kane, tariki ya 17 Nyakanga
Incuti nyakuri igukunda igihe cyose, kandi ikubera umuvandimwe mu gihe cy’amakuba.—Imig. 17:17.
Mariya nyina wa Yesu, yari akeneye umuntu umufasha. Yari agiye gutwita kandi atarashaka umugabo. Ntiyari azi ibyo kurera abana, kandi yari agiye kwita ku mwana wari kuzaba Mesiya. Ngaho tekereza ukuntu byari kumugora gusobanurira Yozefu wari fiyanse we, ukuntu yari atwite kandi atarigeze akora imibonano mpuzabitsina (Luka 1:26-33). Ni iki Mariya yakoze kugira ngo abone imbaraga? Yasabye ko abandi bamufasha. Urugero, yasabye marayika Gaburiyeli kumusobanurira neza ibirebana n’iyo nshingano (Luka 1:34). Nyuma yaho, yakoze urugendo rurerure ajya “mu gihugu cy’imisozi miremire” mu mujyi wa Yuda, agiye gusura mwene wabo witwaga Elizabeti. Elizabeti yashimiye Mariya kandi Yehova aramukoresha, maze abwira Mariya amagambo y’ubuhanuzi ku birebana n’umwana yari atwite. Ayo magambo yamuteye inkunga cyane (Luka 1:39-45). Mariya yavuze ko Yehova “yakoze ibikomeye abikoresheje ukuboko kwe” (Luka 1:46-51). Ubwo rero, Yehova yakoresheje Gaburiyeli na Elizabeti, kugira ngo batere Mariya inkunga. w23.10 14-15 par. 10-12
Ku wa Gatanu, tariki ya 18 Nyakanga
Akaduhindura abami n’abatambyi b’Imana ye, ari na yo Se.—Ibyah. 1:6.
Hari Abakristo basutsweho umwuka, maze bagirana ubucuti bwihariye na Yehova. Abo Bakristo ni 144.000 kandi bazajya mu ijuru babe abatambyi bari kumwe na Yesu (Ibyah. 14:1). Icyumba cy’Ahera kigereranya ko Imana yabagize abana bayo, nubwo bakiri hano ku isi (Rom. 8:15-17). Icyumba cy’Ahera Cyane cyo kigereranya mu ijuru, aho Yehova aba. Rido cyangwa ‘umwenda ukingiriza’ watandukanyaga Ahera n’Ahera Cyane, ugereranya umubiri wa Yesu, wamubuzaga kwinjira mu ijuru ngo abe umutambyi mukuru uruta abandi, mu rusengero rwa Yehova rwo mu buryo bw’umwuka. Igihe Yesu yapfaga maze agatanga ubuzima bwe ngo bube incungu y’abantu bose, yari afunguriye Abakristo bose basutsweho umwuka inzira ibajyana mu ijuru. Na bo bagomba kwigomwa ubuzima bwabo bwo ku isi, kugira ngo bazabone igihembo cyabo mu ijuru.—Heb. 10:19, 20; 1 Kor. 15:50. w23.10 28 par. 13
Ku wa Gatandatu, tariki ya 19 Nyakanga
Igihe cyambana gito nkomeje kuvuga ibya Gideyoni.—Heb. 11:32.
Igihe Abefurayimu babwiraga nabi Gideyoni, ntiyarakaye ahubwo yakomeje gutuza (Abac. 8:1-3). Yicishije bugufi abatega amatwi kandi abasubiza neza, bituma batuza. Abasaza beza bigana Gideyoni, bagasubiza neza abababwiye nabi kandi bakabatega amatwi (Yak. 3:13.) Ibyo bituma abagize itorero bakomeza kubana mu mahoro. Igihe abantu bashimagizaga Gideyoni kubera ko yari yatsinze Abamidiyani, yahesheje Yehova icyubahiro (Abac. 8:22, 23). None se abasaza bakwigana bate Gideyoni? Baba bakwiriye guhesha Yehova icyubahiro, bakabona ko ibyo bageraho byose ari Yehova utuma babigeraho (1 Kor. 4:6, 7). Urugero, niba abantu bashimiye umusaza w’itorero kubera ko yigisha neza, aba akwiriye kugaragaza ko ibyo yigisha yabikuye mu Ijambo ry’Imana, kandi ko imyitozo duhabwa n’umuryango wa Yehova, ari yo yatumye abigeraho. Nanone abasaza bakwiriye kureba niba mu gihe bigisha, badatuma abantu babatangarira cyane, aho guhesha Yehova icyubahiro. w23.06 4 par. 7-8