-
Abalewi 22:23Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
23 Ikimasa cyangwa intama bifite urugingo rusumba urundi cyangwa rugufi kurusha urundi, mushobora kubitanga ngo bibe ituro ritangwa ku bushake. Ariko nimubitanga ngo bibe ituro ryo kugaragaza ko umuntu yakoze ibyo yasezeranyije Imana, iryo turo ntirizemerwa.
-
-
Gutegeka kwa Kabiri 12:5, 6Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
5 Ahubwo muzashake ahantu Yehova Imana yanyu azatoranya mu gace imiryango yanyu yose izaba ituyemo kugira ngo hitirirwe izina rye kandi ahabe. Aho ni ho muzajya mujya.+ 6 Aho ni ho muzajya mujyana ibitambo byanyu bitwikwa n’umuriro+ n’ibindi bitambo byanyu, ibya cumi byanyu+ n’amaturo yanyu,+ ibitambo byanyu byo kugaragaza ko umuntu yakoze ibyo yasezeranyije Imana n’amaturo yanyu atangwa ku bushake,+ n’amatungo yose yavutse mbere, zaba ihene, inka cyangwa intama.+
-