-
Kubara 4:15Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
15 “Igihe abari mu nkambi bagiye kwimuka, Aroni n’abahungu be bajye batwikira ibintu by’ahera+ n’ibikoresho byaho byose. Nibarangiza, Abakohati bajye binjira babiheke,+ ariko ntibagakore ku bintu by’ahera kugira ngo badapfa.+ Ibyo ni byo bintu byo mu ihema ryo guhuriramo n’Imana Abakohati bashinzwe gutwara.
-
-
Kubara 4:24-26Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
24 Iyi ni yo mirimo izakorwa n’imiryango y’Abagerushoni. Dore ibyo bazakora cyangwa ibyo bazatwara:+ 25 Bazatware imyenda y’ihema,+ ihema ryo guhuriramo n’Imana, ibitwikira ihema, impu z’inyamaswa zitwa tahashi zigerekwa hejuru yabyo,+ rido yo gukinga mu muryango w’ihema ryo guhuriramo n’Imana,+ 26 imyenda y’urugo,+ umwenda wo gukinga mu irembo ry’urugo+ rukikije ihema ryo guhuriramo n’Imana, igicaniro, imigozi y’urugo n’ibikoresho byarwo byose, hamwe n’ibindi bikoresho byose bakoresha muri uwo murimo. Ibyo ni byo bazatwara.
-
-
Kubara 4:31-33Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
31 Iyi ni yo nshingano yabo n’ibyo bazatwara+ kandi ni yo izaba imirimo yabo yose mu ihema ryo guhuriramo n’Imana: Bazatware amakadire+ y’ihema, imitambiko yaryo,+ inkingi zaryo,+ ibisate biciyemo imyobo yo kuzishingamo,+ 32 inkingi+ zose z’urugo, ibisate byazo biciyemo imyobo,+ imambo* z’urugo,+ imigozi y’urugo, ibikoresho byarwo byose n’indi mirimo ijyaniranye na byo. Muzereke buri wese ibyo agomba gutwara. 33 Iyo ni yo mirimo yose izakorwa n’imiryango y’Abamerari+ mu ihema ryo guhuriramo n’Imana kandi bazajya bayikora bayobowe na Itamari umuhungu w’umutambyi Aroni.”+
-