ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Kubara 9:14
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 14 “‘Niba hari umunyamahanga utuye muri mwe, na we azategurire Yehova igitambo cya Pasika.+ Ajye agitegura akurikije amategeko n’amabwiriza yose arebana na Pasika.+ Mwese muzayoborwe n’itegeko rimwe, yaba umunyamahanga cyangwa Umwisirayeli.’”+

  • Rusi 1:16
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 16 Ariko Rusi aramubwira ati: “Ntunyingingire kugusiga ngo ndeke kujyana nawe, kuko aho uzajya ari ho nzajya kandi aho uzarara ni ho nzarara. Ubwoko bwawe buzaba ubwoko bwanjye kandi Imana yawe izaba Imana yanjye.+

  • 2 Abami 5:15
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 15 Nuko agaruka kureba umuntu w’Imana y’ukuri+ ari kumwe n’abamurinda* bose, amuhagarara imbere aramubwira ati: “Ubu noneho menye ko ku isi hose nta yindi Mana ibaho itari iyo muri Isirayeli.+ None ndakwinginze, emera iyi mpano* njye umugaragu wawe nguhaye.”

  • 2 Ibyo ku Ngoma 6:32, 33
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 32 “Nanone kandi umunyamahanga wese, utari uwo mu bantu bawe ari bo Bisirayeli, uzaza aturutse mu gihugu cya kure abitewe n’izina ryawe rikomeye,*+ ububasha bwawe n’imbaraga zawe nyinshi maze akaza agasenga yerekeye iyi nzu,+ 33 uzatege amatwi uri mu ijuru aho uba, ukore ibihuje n’ibyo uwo munyamahanga agusabye byose, kugira ngo abo mu bihugu byose byo ku isi bamenye izina ryawe,+ bagutinye nk’uko abantu bawe, ari bo Bisirayeli bagutinya kandi bamenye ko iyi nzu nubatse yitirirwa izina ryawe.

  • Yesaya 56:6, 7
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    •  6 Naho abanyamahanga baza mu ruhande rwa Yehova kugira ngo bamukorere,

      Bagakunda izina rya Yehova+

      Kandi bakaba abagaragu be,

      Abantu bose bubahiriza Isabato kandi ntibayihumanye

      Kandi bakubahiriza isezerano ryanjye,

       7 Na bo nzabazana ku musozi wanjye wera+

      Kandi ntume bishimira mu nzu yanjye yo gusengeramo.

      Ibitambo byabo bitwikwa n’umuriro n’ibindi bitambo byabo, bizemerwa ku gicaniro cyanjye,

      Kuko inzu yanjye izitwa inzu yo gusengerwamo n’abantu bo mu bihugu byose.”+

  • Ibyakozwe 8:27
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 27 Nuko arahaguruka aragenda, maze abona Umunyetiyopiya wari umukozi w’ibwami,* akaba yarakoreraga umwamikazi* wa Etiyopiya kandi akaba ari na we wagenzuraga ubutunzi bwe bwose. Uwo mugabo yari yaragiye i Yerusalemu gusenga.+

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze