-
2 Ibyo ku Ngoma 9:20, 21Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
20 Ibintu Umwami Salomo yanyweshaga byose byari bikozwe muri zahabu kandi ibikoresho byose byo mu Nzu yitwa Ishyamba rya Libani byari bicuzwe muri zahabu itavangiye. Nta kintu na kimwe cyari gikozwe mu ifeza, kuko mu gihe cy’ubutegetsi bwa Salomo ifeza nta gaciro yari ifite.+ 21 Umwami yari afite amato yajyaga i Tarushishi+ ajyanye n’abagaragu ba Hiramu.+ Buri myaka itatu, ayo mato y’i Tarushishi yazanaga zahabu, ifeza, amahembe y’inzovu,+ inkende n’inyoni z’amababa maremare.*
-