-
2 Ibyo ku Ngoma 10:12-15Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
12 Ku munsi wa gatatu, Yerobowamu n’abantu bose bitaba Rehobowamu, kuko umwami yari yababwiye ati: “Muzagaruke ku munsi wa gatatu.”+ 13 Umwami Rehobowamu asubiza abantu ababwira nabi, yirengagiza inama abantu bakuze* bari bamugiriye. 14 Abasubiza akurikije inama abasore bari bamugiriye, arababwira ati: “Nzatuma umutwaro wanyu urushaho kuremera, ndetse mbarushirizeho. Papa yabakubitishaga ibiboko, ariko njye nzabakubitisha ibiboko bibabaza kurushaho.” 15 Umwami yanze kumva ibyo abaturage bari bamubwiye, kuko ibyabaye byari byatewe n’Imana y’ukuri,+ kugira ngo ikore ibihuje n’ibyo yari yaravuze, ibyo Yehova yari yaravuze binyuze kuri Ahiya+ w’i Shilo, abwira Yerobowamu umuhungu wa Nebati.
-