ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • 2 Ibyo ku Ngoma 10
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

Ibivugwa mu 2 Ngoma

      • Abisirayeli bigomeka kuri Rehobowamu (1-19)

2 Ibyo ku Ngoma 10:1

Impuzamirongo

  • +Yos 20:7; 24:1; Abc 9:1
  • +1Bm 12:1-4

2 Ibyo ku Ngoma 10:2

Impuzamirongo

  • +1Bm 11:28
  • +1Bm 11:40

2 Ibyo ku Ngoma 10:4

Impuzamirongo

  • +1Sm 8:11-18; 1Bm 4:7

2 Ibyo ku Ngoma 10:5

Impuzamirongo

  • +1Bm 12:5-7

2 Ibyo ku Ngoma 10:6

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “abasaza.”

2 Ibyo ku Ngoma 10:8

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “abasaza.”

Impuzamirongo

  • +1Bm 12:8-11

2 Ibyo ku Ngoma 10:10

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “urutoki rwanjye rw’agahera ruzarusha ubunini itako rya papa.”

2 Ibyo ku Ngoma 10:11

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Byari ibiboko bifite amapfundo cyangwa biriho utuntu dusongoye tumeze nk’umurizo w’agasimba kitwa sikoropiyo.

2 Ibyo ku Ngoma 10:12

Impuzamirongo

  • +1Bm 12:12-15

2 Ibyo ku Ngoma 10:13

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Cyangwa “abasaza.”

2 Ibyo ku Ngoma 10:15

Impuzamirongo

  • +Gut 2:30; 2Sm 17:14
  • +1Bm 11:29-31

2 Ibyo ku Ngoma 10:16

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “mu mahema.”

Impuzamirongo

  • +1Bm 11:32
  • +1Bm 12:16, 17

2 Ibyo ku Ngoma 10:17

Impuzamirongo

  • +1Bm 11:35, 36

2 Ibyo ku Ngoma 10:18

Impuzamirongo

  • +2Sm 20:24; 1Bm 4:6
  • +1Bm 12:18, 19

2 Ibyo ku Ngoma 10:19

Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji

  • *

    Ni ukuvuga, kugeza igihe iki gitabo cyandikwaga.

Byose

2 Ngoma 10:1Yos 20:7; 24:1; Abc 9:1
2 Ngoma 10:11Bm 12:1-4
2 Ngoma 10:21Bm 11:28
2 Ngoma 10:21Bm 11:40
2 Ngoma 10:41Sm 8:11-18; 1Bm 4:7
2 Ngoma 10:51Bm 12:5-7
2 Ngoma 10:81Bm 12:8-11
2 Ngoma 10:121Bm 12:12-15
2 Ngoma 10:15Gut 2:30; 2Sm 17:14
2 Ngoma 10:151Bm 11:29-31
2 Ngoma 10:161Bm 11:32
2 Ngoma 10:161Bm 12:16, 17
2 Ngoma 10:171Bm 11:35, 36
2 Ngoma 10:182Sm 20:24; 1Bm 4:6
2 Ngoma 10:181Bm 12:18, 19
  • Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
  • 1
  • 2
  • 3
  • 4
  • 5
  • 6
  • 7
  • 8
  • 9
  • 10
  • 11
  • 12
  • 13
  • 14
  • 15
  • 16
  • 17
  • 18
  • 19
Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
2 Ibyo ku Ngoma 10:1-19

Igitabo cya kabiri cy’Ibyo ku Ngoma

10 Rehobowamu ajya i Shekemu,+ kuko i Shekemu ari ho Abisirayeli bose bari bahuriye kugira ngo bamushyireho abe umwami.+ 2 Yerobowamu+ umuhungu wa Nebati akimara kubyumva ari muri Egiputa (kuko yari yarahunze Umwami Salomo akajya kuba muri Egiputa),+ ahita avayo. 3 Nuko batumaho Yerobowamu araza. Hanyuma we n’Abisirayeli bose baraza, babwira Rehobowamu bati: 4 “Papa wawe yatumye umutwaro wacu uturemerera cyane,+ ariko wowe nutworohereza imirimo ivunanye papa wawe yadukoreshaga kandi ukoroshya umutwaro uremereye yadukoreye, natwe tuzagukorera.”

5 Umwami arababwira ati: “Muzagaruke nyuma y’iminsi itatu.” Nuko baragenda.+ 6 Umwami Rehobowamu agisha inama abantu bakuze* bahoze bakorera papa we Salomo, igihe yari akiriho. Arababwira ati: “Nimungire inama. Aba bantu mbasubize iki?” 7 Baramubwira bati: “Niwereka aba bantu ko uri umuntu mwiza, ukabanezeza, ukabaha igisubizo cyiza, na bo bazaba abagaragu bawe iteka.”

8 Ariko yanga kumvira inama abantu bakuze* bamugiriye, ajya kugisha inama abasore bakuranye; icyo gihe bari basigaye bamukorera.+ 9 Arababwira ati: “Nimungire inama y’icyo twasubiza abantu bansabye bati: ‘tworohereze umutwaro papa wawe yatwikoreje.’” 10 Abo basore bakuranye baramusubiza bati: “Abo bantu bakubwiye bati: ‘papa wawe yatumye umutwaro wacu uturemerera cyane, none wowe wutworohereze,’ ubasubize uti: ‘njye sinzabagirira impuhwe nk’uko papa yazibagiriraga.* 11 Papa yabikorezaga umutwaro uremereye, ariko njye nzabikoreza uremereye kurushaho. Papa yabakubitishaga ibiboko, ariko njye nzabakubitisha ibiboko bibabaza* kurushaho.’”

12 Ku munsi wa gatatu, Yerobowamu n’abantu bose bitaba Rehobowamu, kuko umwami yari yababwiye ati: “Muzagaruke ku munsi wa gatatu.”+ 13 Umwami Rehobowamu asubiza abantu ababwira nabi, yirengagiza inama abantu bakuze* bari bamugiriye. 14 Abasubiza akurikije inama abasore bari bamugiriye, arababwira ati: “Nzatuma umutwaro wanyu urushaho kuremera, ndetse mbarushirizeho. Papa yabakubitishaga ibiboko, ariko njye nzabakubitisha ibiboko bibabaza kurushaho.” 15 Umwami yanze kumva ibyo abaturage bari bamubwiye, kuko ibyabaye byari byatewe n’Imana y’ukuri,+ kugira ngo ikore ibihuje n’ibyo yari yaravuze, ibyo Yehova yari yaravuze binyuze kuri Ahiya+ w’i Shilo, abwira Yerobowamu umuhungu wa Nebati.

16 Abisirayeli bose babonye ko umwami atabumviye, baramubwira bati: “Nta cyo duhuriyeho na Dawidi kandi nta murage umuhungu wa Yesayi azaduha. Isirayeli we, buri wese najye gusenga imana ze! Namwe abo mu muryango wa Dawidi,+ muzibane!” Nuko Abisirayeli bose basubira mu ngo* zabo.+

17 Icyakora Rehobowamu akomeza gutegeka Abisirayeli babaga mu mijyi y’u Buyuda.+

18 Nuko Umwami Rehobowamu yohereza Hadoramu+ wayoboraga abakoraga imirimo y’agahato, ariko Abisirayeli bamutera amabuye arapfa. Umwami Rehobowamu ahita yurira igare rye, ahungira i Yerusalemu.+ 19 Abisirayeli bakomeje kwigomeka ku muryango wa Dawidi kugeza n’uyu munsi.*

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze