ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Zab. 14:1-7
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 14 Abantu batagira ubwenge baribwira bati:

      “Yehova ntabaho.”+

      Ibikorwa byabo ni bibi kandi Imana irabyanga.

      Nta n’umwe ukora ibyiza.+

       2 Nyamara Yehova areba ku isi ari mu ijuru, akitegereza abantu

      Kugira ngo arebe niba hari ufite ubushishozi, ushaka Yehova.+

       3 Abantu bose barayobye,+

      Bose barangiritse.

      Nta n’umwe ukora ibyiza.

      Habe n’umwe!

       4 Ese mu bakora ibibi habuze n’umwe ufite ubwenge?

      Bishimira kurwanya abagaragu b’Imana, nk’uko umuntu yishimira kurya.

      Ntibasenga Yehova.

       5 Ariko bazicwa n’ubwoba bwinshi,+

      Kuko Yehova aba hafi y’abakiranutsi.

       6 Mwa nkozi z’ibibi mwe,

      Dore mutuma aboroheje nta cyo bageraho, ariko Yehova ni we buhungiro bwabo.+

       7 Iyaba i Siyoni haturukaga agakiza ka Isirayeli!+

      Yehova nagarura abantu be bajyanywe mu bindi bihugu ku ngufu,

      Yakobo azishima, Isirayeli anezerwe.

  • Abaroma 3:10
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 10 Ni na ko ibyanditswe bivuga bigira biti: “Nta muntu ukora ibyiza gusa, ntakore icyaha. Habe n’umwe.+

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze