ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Intangiriro 4:9, 10
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 9 Nyuma yaho Yehova abaza Kayini ati: “Murumuna wawe Abeli ari he?” Na we aramusubiza ati: “Simbizi. Ese nshinzwe kurinda murumuna wanjye?” 10 Nuko aramubwira ati: “Ibyo wakoze ni ibiki? Umva! Amaraso ya murumuna wawe wamennye ku butaka ni nk’aho antakira.+

  • Intangiriro 9:5
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 5 Kandi amaraso yanyu, ni ukuvuga ubuzima bwanyu, nzayahorera. Nihagira ikiremwa cyose gifite ubuzima kivusha amaraso yanyu kizicwe. Umuntu wese uzica umuvandimwe we nzabimuhanira.+

  • Gutegeka kwa Kabiri 32:43
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 43 Mwa bantu bo mu bihugu mwe nimwishimane n’abantu be,+

      Kuko azahana abamennye amaraso y’abagaragu be,+

      Akishyura abanzi be ibibi bakoze,+

      Kandi akeza* igihugu cy’abantu be.”

  • 2 Abami 9:24
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 24 Yehu afata umuheto we, arasa Yehoramu umwambi hagati mu bitugu usohokera mu mutima, agwa mu igare rye ry’intambara.

  • 2 Abami 9:26
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 26 ‘“Njyewe Yehova ndavuze nti: “ejo nabonye amaraso ya Naboti+ n’ay’abahungu be bishwe; none umenye ko nzabahorera,+ nawe nkakwicira muri uyu murima, uko ni ko Yehova yavuze.’ Ngaho muterure umujugunye muri uyu murima nk’uko Yehova yabivuze.”+

  • 2 Abami 24:3, 4
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 3 Yehova ni we wategetse ko ibyo biba ku Buyuda kugira ngo abukure imbere y’amaso ye+ bitewe n’ibyaha Manase yari yarakoze byose,+ 4 n’abantu yishe abahoye ubusa, akuzuza Yerusalemu amaraso yabo,+ bigatuma Yehova yanga gutanga imbabazi.+

  • Luka 11:49-51
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 49 Ni na yo mpamvu Imana ikoresheje ubwenge bwayo, yavuze iti: ‘nzabatumaho abahanuzi n’intumwa, ariko bamwe muri bo bazabica abandi babatoteze, 50 kugira ngo urupfu rw’abahanuzi bose bishwe kuva abantu batangira kubaho ruzabazwe ab’iki gihe,+ 51 uhereye kuri Abeli+ kugeza kuri Zekariya wiciwe hagati y’igicaniro n’inzu y’Imana.’*+ Ni ukuri, ndababwira ko ibyo byose bizabazwa ab’iki gihe.

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze