-
Mariko 2:21, 22Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
21 Nta wutera igitambaro gishya* ku mwenda ushaje, kuko abikoze cyakurura uwo mwenda ukarushaho gucika.+ 22 Nanone nta muntu washyira divayi nshya mu dufuka tw’uruhu dushaje, kuko abikoze utwo dufuka twaturika maze divayi ikameneka, n’utwo dufuka tukangirika. Ahubwo abantu bashyira divayi nshya mu dufuka dushya tw’uruhu.”
-
-
Luka 5:36-39Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
36 Akomeza abacira umugani ati: “Nta wukata igitambaro ku mwenda mushya ngo agitere ku mwenda ushaje, kuko iyo abikoze igitambaro gishya kirawuca, kandi igitambaro cyo ku mwenda mushya ntikijya ku mwenda ushaje ngo bimere kimwe.+ 37 Nanone kandi, nta wushyira divayi nshya mu dufuka tw’uruhu dushaje, kuko abikoze iyo divayi nshya yaturitsa utwo dufuka maze ikameneka, n’utwo dufuka tukangirika. 38 Ahubwo divayi nshya igomba gushyirwa mu dufuka tw’uruhu dushya. 39 Nta muntu wanyoye divayi imaze igihe, wifuza kunywa divayi nshya, kuko avuga ati: ‘imaze igihe ni yo nziza.’”
-