-
Mariko 10:35-40Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
35 Nuko Yakobo na Yohana, ari bo bahungu babiri ba Zebedayo,+ baramwegera baramubwira bati: “Mwigisha, hari ikintu twifuza kugusaba kandi rwose ntuduhakanire.”+ 36 Arababwira ati: “Murifuza iki?” 37 Baramubwira bati: “Reka tuzicarane nawe igihe uzaba uri Umwami. Umwe azicare ibumoso bwawe undi yicare iburyo bwawe.”+ 38 Ariko Yesu arababwira ati: “Ntimuzi ibyo musaba. Mbese mwashobora kunywera ku gikombe* nzanyweraho cyangwa kubatizwa umubatizo ngiye kuzabatizwa?”+ 39 Baramusubiza bati: “Twabishobora.” Yesu na we arababwira ati: “Ni byo koko igikombe nzanyweraho muzakinyweraho kandi n’umubatizo ngiye kuzabatizwa muzawubatizwa.+ 40 Ariko kwicara iburyo bwanjye cyangwa ibumoso bwanjye si njye ubitanga. Imana ni yo itoranya abazicara muri iyo myanya.”
-