-
Luka 18:35-43Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
35 Igihe yari ageze hafi y’i Yeriko, hari umuntu wari ufite ubumuga bwo kutabona, wari wicaye iruhande rw’inzira asabiriza.+ 36 Nuko yumvise abantu benshi bagenda, atangira kubaza icyabaye. 37 Baramubwira bati: “Ni Yesu w’i Nazareti ugiye kunyura hano.” 38 Abyumvise arangurura ijwi ati: “Yesu ukomoka kuri Dawidi, ngirira impuhwe!” 39 Nuko abari imbere baramucyaha cyane ngo aceceke, ariko arushaho gusakuza avuga ati: “Wowe ukomoka kuri Dawidi, ngirira impuhwe!” 40 Hanyuma Yesu arahagarara ategeka ko bamumuzanira. Ageze hafi ye, Yesu aramubaza ati: 41 “Urifuza ko ngukorera iki?” Na we aramusubiza ati: “Mwami, ndifuza ko amaso yanjye ahumuka.” 42 Nuko Yesu aramubwira ati: “Ngaho amaso yawe nahumuke, ukwizera kwawe kuragukijije.”+ 43 Ako kanya amaso ye arahumuka, arongera arareba, amukurikira+ asingiza Imana. Abantu bose babibonye, na bo basingiza Imana.+
-