ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Matayo 20:29-34
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
  • Mariko 10:46-52
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 46 Nuko bagera i Yeriko. Ariko igihe we n’abigishwa be hamwe n’abandi bantu benshi bavaga i Yeriko, iruhande rw’inzira hari hicaye umuntu wari ufite ubumuga bwo kutabona wasabirizaga witwaga Barutimayo (umuhungu wa Timayo.)+ 47 Yumvise ko ari Yesu w’i Nazareti uje, atangira gusakuza cyane avuga ati: “Yesu ukomoka kuri Dawidi,+ ngirira impuhwe!”+ 48 Benshi babyumvise baramucyaha cyane bamusaba guceceka, ariko arushaho gusakuza cyane avuga ati: “Wowe ukomoka kuri Dawidi, ngirira impuhwe!” 49 Yesu arahagarara arababwira ati: “Nimumuhamagare aze.” Nuko bahamagara uwo muntu wari ufite ubumuga bwo kutabona baramubwira bati: “Humura, haguruka araguhamagaye.” 50 Ahita ajugunya umwitero we, maze ahaguruka vuba vuba asanga Yesu. 51 Yesu aramubaza ati: “Urifuza ko ngukorera iki?” Uwo muntu wari ufite ubumuga bwo kutabona aramusubiza ati: “Mwigisha,* ndifuza ko amaso yanjye ahumuka.” 52 Nuko Yesu aramubwira ati: “Itahire, ukwizera kwawe kuragukijije.”+ Uwo mwanya arahumuka,+ maze aramukurikira.

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze