ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Matayo 9:10-13
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 10 Nyuma yaho ubwo Yesu n’abigishwa be bari mu nzu kwa Matayo basangira, abasoresha benshi n’abanyabyaha na bo baraje basangira na bo.+ 11 Ariko Abafarisayo babibonye babwira abigishwa be bati: “Kuki umwigisha wanyu asangira n’abasoresha n’abanyabyaha?”+ 12 Yesu abumvise arababwira ati: “Abantu bazima si bo bakeneye umuganga, ahubwo abarwayi ni bo bamukeneye.+ 13 Nimugende mwige icyo aya magambo asobanura ngo: ‘icyo nshaka ni imbabazi si ibitambo.’+ Sinazanywe no guhamagara abakiranutsi, ahubwo nazanywe no guhamagara abanyabyaha.”

  • Mariko 2:15-17
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 15 Nyuma yaho, Yesu n’abigishwa be bari bari kurya* bicaye mu nzu ya Lewi. Nuko abasoresha n’abanyabyaha bicarana na bo barasangira, kuko abenshi muri bo bari baratangiye kumukurikira.+ 16 Ariko abanditsi n’Abafarisayo babonye asangira n’abanyabyaha n’abasoresha, babaza abigishwa be bati: “Bishoboka bite ko asangira n’abasoresha n’abanyabyaha?” 17 Yesu abyumvise arababwira ati: “Abantu bazima ntibaba bakeneye umuganga, ahubwo abarwayi ni bo bamukenera. Sinazanywe no guhamagara abakiranutsi, ahubwo nazanywe no guhamagara abanyabyaha.”+

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze