-
Matayo 12:1-8Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
12 Muri icyo gihe Yesu anyura mu mirima y’ingano ku Isabato. Abigishwa be barasonza, maze batangira guca amahundo y’ingano barazihekenya.+ 2 Abafarisayo babibonye baramubwira bati: “Dore abigishwa bawe bari gukora ibintu bitemewe n’amategeko ku Isabato.”+ 3 Arabasubiza ati: “Ese ntimwasomye icyo Dawidi yakoze ubwo we n’abo bari kumwe basonzaga?+ 4 Yinjiye mu nzu y’Imana maze we n’abo bari kumwe barya imigati igenewe Imana,*+ kandi amategeko ataramwemereraga kuyirya, kuko yaribwaga n’abatambyi bonyine.+ 5 Cyangwa se ntimwasomye mu Mategeko ko ku Masabato abatambyi bakorera mu rusengero batubahiriza Isabato, nyamara ntibabarweho icyaha?+ 6 Ariko ndababwira ko umuntu ufite agaciro kuruta urusengero ari hano.+ 7 Icyakora, iyo muba mwarasobanukiwe aya magambo ngo: ‘icyo nshaka ni imbabazi+ si ibitambo,’+ ntimuba mucira urubanza abantu batakoze icyaha, 8 kuko Umwana w’umuntu afite n’ububasha ku birebana n’Isabato.”*+
-
-
Mariko 2:23-28Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
23 Nuko Yesu anyura mu mirima y’ingano ku Isabato, maze abigishwa be bagenda baca amahundo y’ingano.+ 24 Hanyuma Abafarisayo baramubwira bati: “Ngaho reba! Kuki abigishwa bawe bakora ibintu bitemewe n’amategeko ku Isabato?” 25 Ariko arababwira ati: “Ntimwigeze musoma ibyo Dawidi yakoze, igihe we n’abo bari kumwe bari bashonje kandi badafite ibyokurya?+ 26 Nk’uko inkuru ivuga iby’umutambyi mukuru Abiyatari+ ibigaragaza, icyo gihe Dawidi yinjiye mu nzu y’Imana arya imigati igenewe Imana,* ahaho n’abari kumwe na we kandi bitari byemewe n’amategeko ko hagira undi muntu uyirya uretse abatambyi.”+ 27 Nuko arababwira ati: “Imana yashyizeho Isabato ngo ifashe abantu,+ ariko abantu ntibaremewe kubahiriza amategeko y’Isabato. 28 Ubwo rero Umwana w’umuntu afite n’ububasha ku birebana n’Isabato.”*+
-