-
Matayo 18:1-5Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
18 Muri uwo mwanya abigishwa begera Yesu baramubaza bati: “Mu by’ukuri, ni nde ukomeye kuruta abandi mu Bwami bwo mu ijuru?”+ 2 Nuko ahamagara umwana muto amushyira hagati yabo, 3 aravuga ati: “Ndababwira ukuri ko nimudahinduka ngo mumere nk’abana bato,+ mutazinjira rwose mu Bwami bwo mu ijuru.+ 4 Ku bw’ibyo rero, umuntu wese wicisha bugufi nk’uyu mwana muto, ni we ukomeye kuruta abandi mu Bwami bwo mu ijuru,+ 5 kandi umuntu wese wakira abantu bameze nk’uyu mwana muto abigiriye izina ryanjye, nanjye aba anyakiriye.
-
-
Mariko 9:33-37Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
33 Nuko bagera i Kaperinawumu, maze bari mu nzu arababaza ati: “Ni iki mwajyagaho impaka muri mu nzira?”+ 34 Baraceceka, kuko bakiri mu nzira, barimo bajya impaka bashaka kumenya umukuru muri bo. 35 Nuko aricara maze ahamagara za ntumwa 12 arazibwira ati: “Umuntu wese ushaka kuba umuntu ukomeye, ajye yicisha bugufi kandi akorere abandi.”+ 36 Hanyuma afata umwana muto, amuhagarika hagati yabo aramwiyegereza, maze arababwira ati: 37 “Umuntu wese wakira umwe mu bantu bameze nk’uyu mwana muto+ abigiriye izina ryanjye, nanjye aba anyakiriye kandi unyakiriye si njye aba yakiriye gusa, ahubwo aba yakiriye n’Uwantumye.”+
-
-
Luka 22:24Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
24 Nanone havutse impaka zikomeye hagati yabo, bashaka kumenya ukomeye kuruta abandi muri bo.+
-