-
Matayo 22:15-22Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
15 Hanyuma Abafarisayo baragenda bajya inama yo kumutegera mu byo avuga.+ 16 Nuko bamutumaho abigishwa babo bari kumwe n’abayoboke b’ishyaka rya Herode,+ baraza baramubaza bati: “Mwigisha, tuzi ko uvugisha ukuri kandi ko wigisha ukuri ku byerekeye Imana, ntugire ikintu ukora ushaka kwemerwa n’abantu, kuko utareba uko abantu bagaragara inyuma. 17 None tubwire icyo ubitekerezaho: Ese amategeko yemera ko duha Kayisari umusoro* cyangwa ntabyemera?” 18 Ariko Yesu amenya ubugome bwabo, arababwira ati: “Ni iki gituma mungerageza mwa ndyarya mwe? 19 Nimunyereke igiceri batangaho umusoro.” Nuko bamuzanira igiceri cy’idenariyo.* 20 Maze arababaza ati: “Iyi shusho n’inyandiko biriho ni ibya nde?” 21 Baramusubiza bati: “Ni ibya Kayisari.” Noneho arababwira ati: “Nuko rero, ibya Kayisari mujye mubiha Kayisari, ariko iby’Imana mubihe Imana.”+ 22 Ibyo babyumvise baratangara, bamusiga aho baragenda.
-
-
Mariko 12:13-17Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
13 Hanyuma bamutumaho bamwe mu Bafarisayo n’abayoboke b’ishyaka rya Herode, kugira ngo bamugushe mu mutego bahereye ku byo avuze.+ 14 Bahageze baramubwira bati: “Mwigisha, tuzi ko uvugisha ukuri kandi ntugire ikintu ukora ushaka kwemerwa n’abantu, kuko utareba uko abantu bagaragara inyuma, ahubwo ukigisha ukuri ku byerekeye Imana. None se amategeko yemera ko duha Kayisari umusoro,* cyangwa ntabyemera? 15 Tuzajye tuwutanga, cyangwa ntitukawutange?” Ariko Yesu amenya uburyarya bwabo, maze arababwira ati: “Kuki mungerageza? Nimunzanire igiceri cy’idenariyo* turebe.” 16 Barakimuzanira. Arababaza ati: “Iyi shusho n’iyi nyandiko biriho ni ibya nde?” Baramusubiza bati: “Ni ibya Kayisari.” 17 Yesu na we arababwira ati: “Ibya Kayisari mujye mubiha Kayisari,+ ariko iby’Imana mubihe Imana.”+ Nuko baramutangarira.
-