ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Matayo 27:22-26
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 22 Pilato arababaza ati: “None se muragira ngo Yesu witwa Kristo mugenze nte?” Bose baramubwira bati: “Namanikwe ku giti!”+ 23 Aravuga ati: “Kubera iki? Ikibi yakoze ni ikihe?” Ariko bo bakomeza gusakuza bavuga cyane bati: “Namanikwe ku giti!”+

      24 Pilato abonye ko arushywa n’ubusa, ahubwo ko bigiye guteza umuvurungano, afata amazi akarabira ibiganza imbere y’abantu, aravuga ati: “Sinzabazwe urupfu rw’uyu muntu. Ibye abe ari mwe muzabibazwa.” 25 Avuze atyo, abantu bose baramusubiza bati: “Urupfu rwe, tuzarubazwe twe n’abana bacu.”+ 26 Nuko abarekurira Baraba, ariko ategeka ko Yesu akubitwa,*+ maze aramutanga ngo bamumanike ku giti.+

  • Mariko 15:12-15
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 12 Pilato arongera arababaza ati: “None se uyu mwita umwami w’Abayahudi muragira ngo mugenze nte?”+ 13 Barongera barasakuza bati: “Mumanike ku giti!”*+ 14 Pilato arongera arababaza ati: “Kubera iki? Ikibi yakoze ni ikihe?” Ariko barushaho gusakuza bavuga bati: “Mumanike ku giti!”+ 15 Kubera ko Pilato yifuzaga gushimisha abaturage, yabarekuriye Baraba. Hanyuma aza gutegeka ko Yesu akubitwa,*+ aramutanga ngo amanikwe ku giti.+

  • Yohana 19:12
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 12 Ibyo byatumye Pilato akomeza gushaka uko yamurekura. Ariko Abayahudi barasakuza bati: “Nurekura uyu muntu, uraba utari incuti ya Kayisari. Umuntu wese wigize umwami aba arwanyije Kayisari.”+

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze