11 Bakomeje gukora ubushakashatsi ngo bamenye igihe ibyo byari kuzabera n’uko ibintu byari kuba bimeze icyo gihe, babifashijwemo n’imbaraga z’Imana. Izo mbaraga ni zo zatumye bamenya ibyerekeye Kristo,+ zibemeza ko yari guhura n’imibabaro+ n’ukuntu yari kuzabona icyubahiro nyuma yaho.