-
Ibyakozwe 20:22, 23Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
22 None dore umwuka urampatira kujya i Yerusalemu, nubwo ntazi ibizambaho ngezeyo. 23 Muri buri mujyi ngezemo umwuka wera ukomeza kunyemeza ko nzafungwa kandi ngahura n’imibabaro.+
-
-
2 Abakorinto 11:23-28Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
23 Ese ni abakozi ba Kristo? Ndasubiza nk’umusazi. Mbarusha kuba umukozi wa Kristo. Mbarusha gukorana umwete imirimo myinshi,+ mbarusha kuba muri za gereza kenshi,+ nagiye nkubitwa birenze urugero, kandi inshuro nyinshi mba mpanganye n’urupfu.+ 24 Inshuro eshanu Abayahudi bankubise inkoni 39.+ 25 Inshuro eshatu nakubiswe inkoni,+ igihe kimwe natewe amabuye,+ inshuro eshatu ubwato bwamenekeyeho.+ Hari ubwo naraye mu nyanja hagati, kandi bukeye ndahirirwa. 26 Nabaga ndi mu ngendo kenshi, ndi mu kaga gatewe n’imigezi, ndi mu kaga gatewe n’abajura, ndi mu kaga gatewe na bene wacu b’Abayahudi,+ ndi no mu kaga gatewe n’abatari Abayahudi.+ Nahuriye n’ibibazo mu mujyi,+ mpurira n’ibibazo mu butayu, ndetse no mu nyanja. Nanone nahuraga n’ibibazo bitewe n’abavandimwe b’ibinyoma. 27 Nakoranaga umwete kandi nkora akazi kavunanye. Ni kenshi nararaga ntasinziriye,+ mfite inzara n’inyota,+ inshuro nyinshi ntagira icyo ndya,+ nicwa n’imbeho kandi ntafite icyo nambara.*
28 Uretse n’ibyo kandi, hari n’ibimbuza amahoro buri munsi, ni ukuvuga guhangayikira amatorero yose.+
-