-
Intangiriro 12:1-3Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
12 Yehova abwira Aburamu ati: “Va mu gihugu cyawe no muri bene wanyu no mu bakomoka kuri papa wawe, maze ujye mu gihugu nzakwereka.+ 2 Nzaguha umugisha ntume abagukomokaho baba benshi kandi bagire imbaraga. Nzatuma izina ryawe ryamamara cyane kandi uzabera abandi umugisha.+ 3 Nzaha umugisha abakwifuriza umugisha kandi abakwifuriza ibibi ni bo bizageraho.+ Imiryango yose yo ku isi izahabwa umugisha* binyuze kuri wowe.”+
-
-
Intangiriro 13:14, 15Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
14 Nuko Loti amaze gutandukana na Aburamu, Yehova abwira Aburamu ati: “Itegereze uhereye aho uri, urebe mu majyaruguru, mu majyepfo, mu burasirazuba no mu burengerazuba, 15 kuko iki gihugu cyose ureba nzakiguha wowe n’abazagukomokaho kugeza iteka ryose.+
-
-
Intangiriro 17:7Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
7 “Nzubahiriza isezerano nagiranye nawe.+ Iryo sezerano rireba n’abazagukomokaho uko bazagenda bakurikirana. Iryo sezerano rizahoraho iteka ryose kugira ngo mbe Imana yawe n’iy’urubyaro ruzagukomokaho.
-