ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 41 p. 100-p. 101 par. 2
  • Dawidi na Sawuli

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Dawidi na Sawuli
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Dawidi ahunga
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Dawidi aba umwami
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • “Kumvira biruta ibitambo”
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2011
  • ibivugwa muri 1 Samweli
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 41 p. 100-p. 101 par. 2
Dawidi ahamagara abasirikare ba Sawuli

IGICE CYA 41

Dawidi na Sawuli

Dawidi amaze kwica Goliyati, Umwami Sawuli yamugize umukuru w’abasirikare be. Dawidi yatsinze intambara nyinshi bituma amenyekana cyane. Iyo yabaga avuye ku rugamba, abagore bazaga guhura na we babyina banaririmba bati: “Sawuli yishe ibihumbi, Dawidi yica abantu ibihumbi mirongo!” Sawuli yagize ishyari ashaka kwica Dawidi.

Dawidi yari azi gucuranga inanga neza cyane. Umunsi umwe, ubwo Dawidi yarimo acurangira Umwami Sawuli, yamuteye icumu yari afite. Dawidi yahise yitaza, icumu ryishinga mu rukuta. Nyuma yaho, Sawuli yagiye agerageza kwica Dawidi kenshi. Ibyo byatumye Dawidi ahunga ajya kwihisha mu butayu.

Sawuli yari asinziriye Dawidi afata icumu rye

Sawuli yafashe abasirikare 3.000 ajya gushakisha Dawidi. Umunsi umwe, yinjiye mu buvumo Dawidi n’abasirikare be bari bihishemo. Abasirikare ba Dawidi baramwongoreye bati: “Ubonye uko wica Sawuli.” Dawidi yagiye buhoro buhoro akata agatambaro ku ikanzu ya Sawuli. Icyakora Sawuli ntiyabimenye. Nyuma yaho, Dawidi yababajwe n’uko atari yubashye umwami watoranyijwe na Yehova. Yabujije abasirikare be kugirira nabi Sawuli. Yanahamagaye Sawuli amubwira ko iyo abishaka yari kuba yamwishe. Ese ibyo byatumye Sawuli ahindura uko yabonaga Dawidi?

Oya. Sawuli yakomeje gushakisha Dawidi cyane ngo amwice. Umunsi umwe, Dawidi na Abishayi wari umwana wa mushiki we bagiye aho abasirikare ba Sawuli bari bari, ari nijoro. Abantu bari basinziriye, Abuneri warindaga Sawuli na we asinziriye. Abishayi yaravuze ati: “Ubu noneho tubonye uko tumwica. Ndeka mwice!” Dawidi yaramubwiye ati: “Yehova ni we uzihanira Sawuli. Reka dufate icumu rye n’icyo anyweramo amazi, maze tugende.”

Dawidi yazamutse umusozi witegeye aho abasirikare ba Sawuli bari bari, maze arahamagara ati: “Abuneri weee! Ni iki cyatumye utarinda umwami wawe? Icumu rya Sawuli n’icyo anyweramo amazi biri he?” Sawuli yamenye ijwi rya Dawidi, maze aramubwira ati: “Iyo ushaka wari kunyica, ariko ntiwabikoze. Nzi ko uzaba umwami wa Isirayeli.” Sawuli yatashye iwe mu rugo. Icyakora, abo mu muryango wa Sawuli si ko bose bangaga Dawidi.

“Niba bishoboka ku rwanyu ruhande, mubane amahoro n’abantu bose. Bavandimwe nkunda, ntimukishyure abantu ibibi babakoreye. Ahubwo mujye mureka Imana ibe ari yo igaragariza umujinya uwakoze nabi.”​—Abaroma 12:18, 19

Ibibazo: Kuki Sawuli yashakaga kwica Dawidi? Kuki Dawidi yanze kwica Sawuli?

1 Samweli 16:14-23; 18:5-16; 19:9-12; 23:19-29; 24:1-15; 26:1-25

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze