ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • km 6/14 p. 7
  • Jya wihutira gusura umuntu ushimishijwe

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Jya wihutira gusura umuntu ushimishijwe
  • Umurimo Wacu w’Ubwami—2014
  • Ibisa na byo
  • Agasanduku k’ibibazo
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2011
  • Urubuga rwacu rwemewe rwa interineti—Rugenewe kudufasha no gufasha abandi
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2012
  • Jya usubira gusura utazuyaje
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2003
  • Uburyo bwo gukoresha fomu ifite umutwe uvuga ngo Musabwe kwita kuri uyu muntu (S-43)
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2011
Reba ibindi
Umurimo Wacu w’Ubwami—2014
km 6/14 p. 7

Jya wihutira gusura umuntu ushimishijwe

Kuva igihe urubuga rwacu rwavugururiwe, umubare w’abantu bandika basaba kuyoborerwa icyigisho cya Bibiliya wariyongereye cyane. Nanone kubwiriza mu ruhame byatumye abantu benshi basaba kuyoborerwa icyigisho cya Bibiliya. Ibiro by’ishami bihita byohereza fomu isaba gusura abo bantu vuba uko bishoboka kose. Urugero, iyo umuntu yanditse ku rubuga rwa jw.org asaba kuyoborerwa icyigisho cya Bibiliya, akenshi ibiro by’ishami bimenyesha abasaza b’itorero bo mu ifasi uwo muntu ushimishijwe arimo nyuma y’iminsi ibiri. Icyakora hari amakuru yatugezeho agaragaza ko hashira ibyumweru runaka nta muntu urasura abo bantu bashimishijwe. Twakora iki kugira ngo tugere kuri uwo muntu mu gihe agishimishijwe?—Mar 4:14, 15.

Niba ubonye umuntu ushimishijwe ariko akaba adatuye mu ifasi y’itorero ryanyu, jya uhita wuzuza fomu ifite umutwe uvuga ngo Musabwe kwita kuri uyu muntu (S-43), uyihe umwanditsi w’itorero ryanyu mu materaniro muzagira vuba. Umwanditsi w’itorero agomba guhita yohereza iyo fomu ku itorero ribwiriza mu ifasi uwo muntu abamo cyangwa ku biro by’ishami mu gihe kitarenze umunsi umwe cyangwa ibiri, abinyujije ku rubuga rwa jw.org ahanditse ngo “Itorero.” Abasaza bagomba guhora bareba ibyo bandikiwe kuri urwo rubuga. Igihe babonye fomu ibamenyesha ko mu ifasi y’itorero ryabo hari umuntu bagomba gusura, bagomba guhita babikora badatindiganyije. Umubwiriza usabwe gusura uwo muntu, ni we agomba gusura mbere na mbere. Namusura ntamusangeyo, azasige agapapuro kariho izina rye na nomero ze za telefoni.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze