ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • km 3/15 p. 1
  • Ese urimo uritegura Urwibutso?

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ese urimo uritegura Urwibutso?
  • Umurimo Wacu w’Ubwami—2015
  • Ibisa na byo
  • Ese witeguye Urwibutso?
    Agatabo k’Iteraniro ry’Umurimo n’Imibereho ya Gikristo—2021
  • Itegure Urwibutso wishimye
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2013
  • Ibyibutswa ku Bihereranye n’Urwibutso
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2001
  • Ibyibutswa Bihereranye n’Urwibutso
    Umurimo Wacu w’Ubwami—1998
Reba ibindi
Umurimo Wacu w’Ubwami—2015
km 3/15 p. 1

Ese urimo uritegura Urwibutso?

Hari ku itariki ya 13 Nisani mu mwaka wa 33. Yesu yari azi ko yari asigaranye umugoroba umwe yari kumarana n’incuti ze mbere y’uko yicwa. Yari kwizihiza Pasika ya nyuma ari kumwe na bo hanyuma agatangiza umuhango mushya, ari wo witwa Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba. Nta gushidikanya ko uwo munsi mukuru wasabaga imyiteguro. Bityo rero, yohereje Petero na Yohana ngo bajye gutegura aho bari gukorera uwo munsi mukuru (Luka 22:7-13). Ni yo mpamvu muri iki gihe, Abakristo na bo bitegura kwizihiza Urwibutso ruba buri mwaka (Luka 22:19). Ni ibihe bintu by’ibanze twakora kugira ngo twitegure Urwibutso ruzaba ku itariki ya 3 Mata?

Uko abasaza bakwitegura:

  • Muzategure uko Inzu y’Ubwami izakoreshwa cyangwa ahandi hantu hakwiriye. Hagombye kuba hari imyanya yo kwicaramo ihagije, urumuri ruhagije n’umwuka uhagije. Muzashyireho gahunda yo kuhasukura neza mbere y’igihe.

  • Muzatoranye umuvandimwe uzi gutanga disikuru neza, uzahagararira n’abazasenga mbere yo gutambagiza ibigereranyo.

  • Niba hari abandi bazateranira aho hantu, muzashyireho amasaha muzateraniraho, mushyireho gahunda y’aho abantu bazinjirira n’aho bazasohokera, n’ahagenewe parikingi.

  • Muzatoranye abazakira abantu n’abazatambagiza ibigereranyo kandi mubahe amabwiriza.

  • Muzashake ibigereranyo bikwiriye, amasahani, ibirahuri, ameza akwiriye n’igitambaro cy’ameza.

Uko ababwiriza bakwitegura:

  • Muzifatanye mu buryo bwuzuye muri gahunda yo gutumirira abantu kuza mu Rwibutso.

  • Muzakore urutonde rw’abo mwigisha Bibiliya, bene wanyu, abo mwigana, abo mukorana n’abandi muziranye, maze mubatumire.

  • Muzasome imirongo y’Ibyanditswe isomwa mu gihe cy’Urwibutso kandi muyitekerezeho.

  • Muzagere aho Urwibutso ruzabera hakiri kare kugira ngo muhe ikaze abashyitsi.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze