-
Nehemiya 7:61-65Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
61 Aba ni bo baturutse i Telimela, i Teliharisha, i Kerubu, muri Adoni no muri Imeri kandi ni bo batashoboye kumenya imiryango bakomokagamo ngo bamenye niba barakomokaga muri Isirayeli:+ 62 Hari abakomoka kuri Delaya, abakomoka kuri Tobiya n’abantu 642 bakomokaga kuri Nekoda. 63 Abatambyi ni aba: Hari abakomoka kuri Habaya, abakomoka kuri Hakozi+ n’abakomoka kuri Barizilayi. Yiswe Barizilayi+ kubera ko yashatse umugore mu bakobwa ba Barizilayi w’i Gileyadi. 64 Abo ni bo bishatse mu gitabo bandikwagamo kugira ngo bagaragaze imiryango bakomokamo, ariko ntibibonamo, bituma batongera gukora umurimo w’ubutambyi.*+ 65 Guverineri*+ yababwiye ko batagombaga kurya ku bintu byera cyane,+ kugeza igihe hari kuzira umutambyi wari kubaza Imana akoresheje Urimu na Tumimu.*+
-