-
Yesaya 20:3, 4Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
3 Yehova aravuga ati: “Nk’uko umugaragu wanjye Yesaya yamaze imyaka itatu agenda yambaye ubusa, nta nkweto yambaye kugira ngo bibere ikimenyetso+ n’umuburo Egiputa+ na Etiyopiya,+ 4 ni ko umwami wa Ashuri azajyana imfungwa avanye muri Egiputa+ n’abantu bari barajyanywe muri Etiyopiya ku ngufu, abana bato b’abahungu n’abasaza, bakagenda bambaye ubusa kandi nta nkweto bambaye, banitse ikibuno, Egiputa igakorwa n’isoni.*
-
-
Yeremiya 25:17Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
17 Nuko mfata igikombe cyari mu ntoki za Yehova, nkinywesha ibihugu byose Yehova yari yantumyeho.+
-
-
Yeremiya 25:19Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
19 Nakurikijeho Farawo umwami wa Egiputa n’abagaragu be, abatware be n’abantu be bose;+
-
-
Yeremiya 43:10, 11Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
10 Ubabwire uti: ‘Yehova nyiri ingabo Imana ya Isirayeli aravuga ati: “ngiye gutumaho Nebukadinezari* umwami w’i Babuloni umugaragu wanjye.+ Nzashyira intebe ye y’ubwami hejuru y’aya mabuye nahishe kandi azubaka ihema rye ry’abami.+ 11 Azaza akubite igihugu cya Egiputa.+ Uzaba akwiriye kwicwa n’icyorezo cy’indwara gikomeye, azicwa n’icyo cyorezo, uzaba akwiriye kujyanwa mu kindi gihugu ku ngufu, azajyanwa ku ngufu kandi uzaba akwiriye kwicwa n’inkota, azicwa n’inkota.+
-
-
Ezekiyeli 29:6Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
6 Abaturage bo muri Egiputa bose bazamenya ko ndi Yehova,
Kuko aho gufasha Abisirayeli bababereye nk’inkoni y’urubingo idakomeye.+
-