-
Yeremiya 25:9Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
9 Yehova aravuga ati: ‘ngiye gutumaho imiryango yose yo mu majyaruguru,+ ntumeho n’umugaragu wanjye+ Nebukadinezari* umwami w’i Babuloni mbazane batere iki gihugu,+ barwanye abaturage bacyo n’ibi bihugu byose bigikikije.+ Nzabirimbura mbigire ikintu giteye ubwoba, ku buryo uzabireba azavugiriza yumiwe, kandi iki gihugu nzagihindura amatongo.
-
-
Yeremiya 27:6Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
6 None ubu ibyo bihugu byose nabihaye umugaragu wanjye Nebukadinezari+ umwami w’i Babuloni, ndetse namuhaye n’inyamaswa zo mu gasozi ngo zimukorere.
-
-
Ezekiyeli 29:19, 20Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
19 “Ni yo mpamvu Umwami w’Ikirenga Yehova avuga ati: ‘ngiye gutuma Nebukadinezari* umwami w’i Babuloni afata igihugu cya Egiputa.+ Azatwara ubutunzi bwaho, atware ibintu byinshi byaho kandi agisahure. Ibyo ni byo bizaba ibihembo by’ingabo ze.’
20 “‘Nzamuha igihugu cya Egiputa, kibe igihembo cy’akazi katoroshye yakoze arwanya Tiro kuko ari njye bakoreraga,’+ ni ko Umwami w’Ikirenga Yehova avuga.
-