-
Yeremiya 6:13, 14Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
13 “Buri wese, uhereye ku muto muri bo ukageza ku mukuru, yishakira inyungu abanje guhemuka;+
Uhereye ku muhanuzi ukageza ku mutambyi, buri wese ni umutekamutwe.+
14 Bagerageza kuvura igikomere* cy’abantu banjye bavura inyuma gusa,* bakavuga bati:
‘Hari amahoro! Hari amahoro!’
Kandi nta mahoro ariho.+
-
-
Yeremiya 28:1-4Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
28 Dore ibyabaye muri uwo mwaka, mu ntangiriro y’ubutegetsi bwa Sedekiya,+ umwami w’u Buyuda, ni ukuvuga mu kwezi kwa gatanu k’umwaka wa kane w’ubutegetsi bwe. Umuhanuzi Hananiya umuhungu wa Azuri, wakomokaga i Gibeyoni+ yambwiriye mu nzu ya Yehova imbere y’abatambyi n’abaturage bose ati: 2 “Yehova nyiri ingabo Imana ya Isirayeli aravuga ati: ‘nzavuna umugogo* w’umwami w’i Babuloni.+ 3 Mu gihe kingana n’imyaka ibiri, nzagarura aha hantu ibikoresho byose byo mu nzu ya Yehova, Nebukadinezari umwami w’i Babuloni yahavanye akabijyana i Babuloni.’”+ 4 “Yehova aravuga ati: ‘kandi Yekoniya+ umuhungu wa Yehoyakimu+ umwami w’u Buyuda n’abandi Bayuda bose bajyanywe ku ngufu i Babuloni,+ nzabagarura aha hantu, kuko nzavuna umugogo w’umwami w’i Babuloni.’”
-