-
Daniyeli 4:18Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
18 “‘Ibyo ni byo njyewe Umwami Nebukadinezari nabonye mu nzozi. None rero Beluteshazari we, mbwira icyo bisobanura, kuko abandi banyabwenge bo mu bwami bwanjye bose bananiwe kubimbwira.+ Ariko wowe urabishobora, kuko umwuka w’imana zera ukurimo.’
-
-
Daniyeli 5:11, 12Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
11 Mu bwami bwawe hari umugabo* ufite umwuka w’imana zera. Ku butegetsi bwa papa wawe yagaragaje ko asobanukiwe, ko afite ubushishozi n’ubwenge bumeze nk’ubw’imana.+ Papa wawe, ni ukuvuga Umwami Nebukadinezari, yamugize umutware w’abatambyi bakora iby’ubumaji, abashitsi, Abakaludaya* n’abaragura bakoresheje inyenyeri.+ Mwami, papa wawe ni we wabikoze. 12 Kuko Daniyeli uwo umwami yise Beluteshazari,+ yari afite umwuka udasanzwe, ubumenyi n’ubushishozi bwo gusobanura inzozi, ibisakuzo no gusubiza ibibazo bikomeye.*+ None rero, nibatumeho Daniyeli kandi aragusobanurira iyo nyandiko.”
-