-
Mariko 1:29-34Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
29 Nuko ako kanya basohoka mu isinagogi bajya kwa Simoni na Andereya, bari kumwe na Yakobo na Yohana.+ 30 Icyo gihe mama w’umugore* wa Simoni+ yari arwaye, aryamye kandi afite umuriro mwinshi. Nuko bahita babwira Yesu ko arwaye. 31 Yesu ajya aho ari, amufata akaboko aramuhagurutsa, umuriro urashira. Hanyuma atangira kubategurira ibyokurya.
32 Bigeze nimugoroba, izuba rimaze kurenga, bamuzanira abantu bose bari barwaye n’abatewe n’abadayimoni.+ 33 Nuko abo mu mujyi bose bateranira imbere y’umuryango w’inzu Yesu yari arimo. 34 Hanyuma akiza abantu benshi bari barwaye indwara zitandukanye,+ yirukana n’abadayimoni benshi, ariko ntiyemerera abadayimoni kuvuga, kuko bari bazi ko ari we Kristo.*
-
-
Luka 4:38-41Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
38 Avuye mu isinagogi ajya kwa Simoni. Icyo gihe mama w’umugore wa Simoni yari arwaye afite umuriro mwinshi cyane, nuko bamusaba ko yamukiza.+ 39 Yunama hejuru ye aramukiza, maze umuriro urashira. Ako kanya arahaguruka atangira kubategurira ibyokurya.
40 Ariko izuba rirenze, abari bafite abantu barwaye indwara zinyuranye barabamuzanira. Arambika ibiganza kuri buri wese, arabakiza.+ 41 Abadayimoni na bo bavaga mu bantu benshi, bakabavamo bataka bati: “Uri Umwana w’Imana!”+ Ariko akabacyaha ntabemerere kuvuga,+ kuko bari bazi ko ari we Kristo.+
-