-
Matayo 21:1-3Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
21 Bageze i Betifage ku Musozi w’Imyelayo, hafi y’i Yerusalemu, Yesu atuma abigishwa be babiri,+ 2 arababwira ati: “Mugende mujye muri uriya mudugudu mureba imbere yanyu, murahita mubona indogobe iziritse iri kumwe n’icyana cyayo. Muziziture muzinzanire. 3 Nihagira ugira icyo ababaza, mumubwire muti: ‘Umwami arazikeneye.’ Arahita azibaha.”
-
-
Mariko 11:1-6Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
11 Nuko Yesu n’abigishwa be bagiye kugera i Yerusalemu, bari hafi y’i Betifage n’i Betaniya+ ku Musozi w’Imyelayo, atuma babiri mu bigishwa be+ arababwira ati: 2 “Nimujye muri uriya mudugudu mureba imbere yanyu, nimuwugeramo murabona icyana cy’indogobe kiziritse, kitigeze cyicarwaho n’umuntu. Hanyuma mukiziture maze mukizane hano. 3 Nihagira umuntu ubabaza ati: ‘kuki muri kuzitura icyo cyana cy’indogobe?’ Mumubwire muti: ‘Umwami aragikeneye, kandi arahita akigarura.’” 4 Nuko baragenda babona icyana cy’indogobe kiziritse hanze ku irembo, iruhande rw’umuhanda, maze barakizitura.+ 5 Ariko bamwe mu bari bahagaze aho barababaza bati: “Muri mu biki? Kuki muri kuzitura icyo cyana cy’indogobe?” 6 Bababwira uko Yesu yari yababwiye, na bo barabareka baragenda.
-