Igitabo cya kabiri cya Samweli
22 Nuko Dawidi abwira Yehova amagambo y’iyi ndirimbo,+ igihe Yehova yamukizaga abanzi be bose,+ akanamukiza Sawuli.+ 2 Aravuga ati:
“Yehova ni igitare cyanjye, ni ubuhungiro bwanjye+ kandi ni we Mukiza wanjye.+
3 Imana yanjye ni igitare cyanjye+ kandi ni yo mpungiraho.
Ni ingabo inkingira+ n’umukiza wanjye ufite imbaraga.*+ Iyo nyihungiyeho+ numva mfite umutekano.+
Uri Umukiza wanjye; ni wowe unkiza urugomo.
4 Nzasenga Yehova kuko ari we ukwiriye gusingizwa,
Kandi azankiza abanzi banjye.
7 Mu byago byanjye nakomeje gusenga Yehova,+
Nkomeza gutakambira Imana yanjye.
Nuko yumva ijwi ryanjye iri mu rusengero rwayo;
Narayitakiye iranyumva.+
8 Isi itangira kunyeganyega no gutigita,+
Fondasiyo z’ijuru ziratigita;+
Zakomeje kunyeganyega, kubera ko Imana yari yarakaye.+
9 Mu mazuru yayo havamo umwotsi
No mu kanwa kayo havamo umuriro utwika;+
Amakara agurumana ayiturukaho.
12 Nuko yizengurutsaho umwijima iwugira nk’aho kugama,+
Mu mazi yijimye n’ibicu byuzuye amazi.
13 Amakara yagurumanaga mu mucyo wari imbere yayo.
14 Nuko Yehova atangira guhinda nk’inkuba ari mu ijuru,+
Isumbabyose itangira kumvikanisha ijwi ryayo.+
16 Hasi mu nyanja haragaragaye,+
Fondasiyo z’isi ziragaragara,
Bitewe no gucyaha kwa Yehova n’uburakari bwe bwinshi.+
17 Yarambuye ukuboko kwe ari mu ijuru,
Yaramfashe ankura mu mazi menshi.+
18 Yankijije umwanzi wanjye ukomeye,+
Ankiza n’abanyanga, bandushaga imbaraga.
19 Bakomeje kundwanya ku munsi w’ibyago byanjye,+
Ariko Yehova yaramfashije.
22 Nakomeje kumvira Yehova
Kandi sinakora icyaha cyo kureka Imana yanjye.
27 Ku muntu utanduye, ugaragaza ko utanduye;+
30 Uramfasha nkirukana abasahuzi;
Imbaraga z’Imana zituma nshobora kurira urukuta.+
Abamuhungiraho bose ababera ingabo ibakingira.+
32 Ni iyihe Mana yindi itari Yehova?+
Kandi se ni nde gitare uretse Imana yacu?+
34 Ituma ibirenge byanjye bisimbuka nk’iby’imparakazi,
Igatuma nkomeza guhagarara ahantu harehare hacuramye cyane.+
35 Ni yo yigishije ibiganza byanjye kurwana;
Amaboko yanjye ashobora kugonda umuheto w’umuringa.
36 Unkiza ukoresheje ingabo yawe inkingira
Kandi kuba wicisha bugufi ni byo bituma mba umuntu ukomeye.+
38 Nzakurikira abanzi banjye mbarimbure
Kandi sinzagaruka batarashira.
39 Nzabamaraho kandi mbamenagure, ku buryo batazashobora guhaguruka;+
Nzabatsinda.
42 Baratabaza ariko nta muntu wo kubakiza uhari;
Ndetse n’iyo batakiye Yehova ntabasubiza.+
43 Nzabahondahonda bamere nk’umukungugu wo hasi;
Nzabaribata mbanyukanyuke nk’ibyondo byo mu muhanda.
44 Uzankiza bene wacu* bahora banshakaho amakosa.+
45 Abanyamahanga bazanyunamira kubera ubwoba;+
Ibyo bumva bamvugaho, bizatuma banyumvira.
46 Abanyamahanga bazacika intege,*
Bazasohoka ahantu bari bihishe batitira.
47 Yehova ni Imana ihoraho. Nimusingize Igitare cyanjye;+
Imana yanjye nihabwe ikuzo kuko ari igitare kinkiza.+
49 Ni yo inkiza abanzi banjye.
50 Yehova, ni yo mpamvu nzagushimira hagati y’abantu bo mu bihugu byinshi;+
51 Ni we ukorera umwami yimitse ibikorwa bikomeye* byo kumukiza.+
Agaragariza urukundo rudahemuka uwo yasutseho amavuta;
Kandi arugaragariza Dawidi n’abamukomokaho kugeza iteka ryose.”+