IBARUWA YA KABIRI PAWULO YANDIKIYE ABATESALONIKE
1 Njyewe Pawulo hamwe na Silivani* na Timoteyo,+ ndabandikiye mwebwe abo mu itorero ry’i Tesalonike mwunze ubumwe n’Imana, ari yo Papa wo mu ijuru, hamwe n’Umwami Yesu Kristo.
2 Mbifurije ko Imana, ari yo Papa wacu wo mu ijuru, hamwe n’Umwami wacu Yesu Kristo, babagaragariza ineza ihebuje* kandi bagatuma mugira amahoro.
3 Bavandimwe, buri gihe iyo tubatekerejeho, twumva tugomba gushimira Imana. Ibyo birakwiriye rwose kubera ko ukwizera kwanyu kugenda kurushaho kwiyongera cyane kandi n’urukundo mwese mukundana rukiyongera, buri wese akarushaho gukunda mugenzi we.+ 4 Ni yo mpamvu kubavuga mu matorero y’Imana bidutera ishema+ kubera ko mu bitotezo mwagize* no mu mibabaro yanyu, mwihanganye kandi mukagaragaza ukwizera.+ 5 Ibyo ni byo byerekana ko urubanza rw’Imana rukiranuka. Nanone bigaragaza ko mukwiriye guhabwa Ubwami bw’Imana, ari na bwo butuma mutotezwa.+
6 Kubera ko Imana ikiranuka, izahana ababateza imibabaro.+ 7 Icyakora mwebwe mubabazwa, muzahumurizwa nk’uko natwe tuzahumurizwa, igihe Umwami Yesu+ azahishurwa avuye mu ijuru, ari mu muriro waka cyane, ari kumwe n’abamarayika be b’abanyambaraga.+ 8 Icyo gihe, azahana abatazi Imana n’abatumvira ubutumwa bwiza bwerekeye Umwami Yesu.+ 9 Abo bazahabwa igihano cyo kurimbuka iteka ryose, bashireho,+ ntibongere kubona imbaraga zihebuje z’Umwami. 10 Ibyo bizaba igihe Umwami azaba aje afite icyubahiro, ari kumwe n’abo yatoranyije kandi abamwizera bose bazamwishimira. Namwe muzaba muri kumwe na bo kuko mwizeye ubutumwa bwiza twababwirije.
11 Ibyo ni byo bituma buri gihe dusenga tubasabira, kugira ngo Imana yacu ibone ko mukwiriye gutoranywa.+ Nanone imbaraga zayo zizatuma ikora ibintu byiza biyishimisha kandi itume umurimo mukora mubitewe no kwizera, ugira icyo ugeraho. 12 Ibyo bizatuma muhesha icyubahiro izina ry’Umwami wacu Yesu kandi mwunge ubumwe na we, bitewe n’ineza ihebuje y’Imana n’iy’Umwami wacu Yesu Kristo.
2 Ariko rero bavandimwe, ku birebana no kuhaba* k’Umwami wacu Yesu Kristo+ no guhurizwa hamwe kwacu kugira ngo tubane na we,+ hari icyo tubasaba. 2 Turabasaba kudahangayika ngo mutakaze ubushobozi bwo kwiyumvisha ibintu cyangwa ngo usange mwagize ubwoba, byaba bitewe n’ubutumwa busa n’ubuturutse ku Mana+ cyangwa ubutumwa buvuzwe mu magambo cyangwa ibaruwa isa naho iturutse kuri twe, bivuga ko umunsi wa Yehova*+ wamaze kuza.
3 Ntihakagire ubashuka mu buryo ubwo ari bwo bwose. Mbere y’uko uwo munsi uza, hazabanza habeho ubuhakanyi,*+ n’umuntu usuzugura amategeko+ agaragazwe, ari we muntu ukwiriye kurimbuka.+ 4 Yishyira hejuru akarwanya ikintu icyo ari cyo cyose abantu bita imana cyangwa basenga, akicara mu rusengero rw’Imana akigaragaza nk’aho ari we Mana. 5 Ese ntimwibuka ko igihe nari nkiri kumwe namwe najyaga mbabwira ibyo bintu?
6 Ubu muzi igituma atagaragara. Azagaragara igihe cyateganyijwe kigeze. 7 Mu by’ukuri, uwo muntu usuzugura amategeko, ubu yatangiye gukorera mu ibanga.+ Ariko azakomeza gukorera mu ibanga kugeza igihe utuma atagaragara azaba atagihari. 8 Uwo muntu usuzugura amategeko azigaragaza, hanyuma mu gihe cyo kuhaba k’Umwami Yesu, Umwami amuhindure ubusa,+ akoresheje amagambo afite imbaraga ava mu kanwa ke.+ 9 Igihe umuntu usuzugura amategeko azagaragara, Satani+ azamuha imbaraga zo gukora ibikorwa bikomeye, ibimenyetso n’ibitangaza by’ibinyoma.+ 10 Azabikorana uburyarya ubwo ari bwo bwose,+ kugira ngo ayobye abagomba kurimbuka. Icyo kizaba ari cyo gihano cyabo kubera ko banze kwemera inyigisho z’ukuri, zari gutuma bakizwa. 11 Ni yo mpamvu Imana yabaretse bakayoba, kugira ngo bajye bizera ibinyoma,+ 12 maze bose bazahanwe bitewe n’uko batemeye ukuri, ahubwo bakishimira ibibi.
13 Ariko kandi bavandimwe Yehova akunda, twumva buri gihe tugomba gushimira Imana kubera mwe, kuko kuva kera cyane, Imana yari yariyemeje kuzagira abantu itoranya+ kugira ngo ibahe agakiza. Ibyo yabikoze, ubwo yabezaga+ binyuze ku mwuka wera no kuba mwarizeye ukuri. 14 Yabatoranyije binyuze ku butumwa bwiza tubwiriza, kugira ngo muhabwe icyubahiro nk’icy’Umwami wacu Yesu Kristo.+ 15 None rero bavandimwe, nimushikame+ kandi mukomere ku byo mwigishijwe,+ mwaba mwarabyigishijwe binyuze ku butumwa mwabwiwe mu magambo cyangwa binyuze ku ibaruwa twabandikiye. 16 Nanone Imana, ari yo Papa wo mu ijuru, iradukunda,+ igahora iduhumuriza, ikaduha n’ibyiringiro+ kubera ko igira ineza nyinshi ihebuje.* Dusenga dusaba ko yo n’Umwami wacu Yesu Kristo 17 babahumuriza kandi bagatuma mushikama* kugira ngo muhore mukora ibyiza, haba mu byo muvuga cyangwa mu byo mukora.
3 Hanyuma rero bavandimwe, mukomeze gusenga mudusabira,+ kugira ngo ijambo rya Yehova rikomeze gukwirakwira mu buryo bwihuse+ kandi abantu baryubahe, nk’uko bimeze muri mwe. 2 Nanone dusaba ko twakizwa abantu babi b’abagome,+ kuko kwizera kudafitwe n’abantu bose.+ 3 Ariko Umwami arizerwa, kandi azatuma mushikama, abarinde Satani.* 4 Byongeye kandi, twebwe abigishwa b’Umwami tubafitiye icyizere. Twiringiye ko ibyo tubategeka mubikora kandi ko muzakomeza kubikora. 5 Nsenga nsaba ko Umwami Yesu Kristo yabafasha mugakunda Imana+ kandi mukihangana.+
6 Ubu noneho bavandimwe, turabategeka mu izina ry’Umwami Yesu Kristo ngo mwitandukanye n’umuvandimwe wese utumvira,+ ntakurikize ibyo twabigishije.+ 7 Namwe ubwanyu muzi icyo mukwiriye gukora kugira ngo mutwigane,+ kuko igihe twari iwanyu twitwaraga neza, 8 kandi nta we twaririye ibyokurya ku buntu.+ Ahubwo twakoranaga umwete ku manywa na nijoro tuvunika, kugira ngo tutagira uwo ari we wese muri mwe turemerera.+ 9 Si uko tutabifitiye uburenganzira,+ ahubwo ni ukugira ngo dushobore kubaha urugero mukwiriye kwigana.+ 10 Mu by’ukuri, igihe twari iwanyu twakundaga kubabwira tuti: “Niba umuntu adashaka gukora, no kurya ntakarye.”+ 11 Twumva ko muri mwe hari bamwe bitwara nabi,+ ntibagire icyo bakora rwose, ahubwo bakivanga mu bitabareba.+ 12 Bene abo turabaha itegeko kandi turabingingira mu Mwami Yesu Kristo, ngo bajye bita ku bibareba kandi bajye bakora kugira ngo babone ibibatunga.+
13 Ariko mwebwe bavandimwe, ntimukareke gukora ibyiza. 14 Nihagira umuntu utumvira ibyo twababwiye muri iyi baruwa, bene uwo mujye mumwitondera,* mureke kwifatanya na we+ kugira ngo akorwe n’isoni. 15 Ariko ntimukamufate nk’umwanzi, ahubwo mujye mukomeza kumugira inama+ nk’umuvandimwe.
16 Ahasigaye, Umwami w’amahoro ajye atuma mugira amahoro muri byose.+ Umwami abane namwe mwese.
17 Njyewe Pawulo, ndabasuhuza! Uku ni ko nandika amabaruwa yanjye yose,+ kugira ngo mumenye ko ari njye wayanditse.
18 Mwese mbifurije ineza ihebuje* y’Umwami wacu Yesu Kristo!
Ni na we witwa Silasi.
Cyangwa “ubuntu butagereranywa.”
Cyangwa “mu ngorane mwahuye na zo.”
Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Ukuhaba.”
Reba Umugereka wa A5.
Reba Ibisobanuro by’amagambo.
Cyangwa “ubuntu bwinshi butagereranywa.”
Cyangwa “bagatuma mugira ubutwari.”
Cyangwa “Umubi.”
Cyangwa “muzamushyireho ikimenyetso.”
Cyangwa “ubuntu butagereranywa.”