Ku wa Gatandatu, tariki ya 30 Kanama
Duhumuriza abandi . . . binyuze ku ihumure Imana iduhumurisha natwe.—2 Kor. 1:4.
Iyo Yehova aduhumurije mu gihe dufite ibibazo, twumva tumerewe neza. None se twakwigana dute Yehova, maze tukagirira abandi impuhwe kandi tukabahumuriza? Kimwe mu byo twakora, ni ukwitoza imico ituma tugirira abandi impuhwe kandi tukabahumuriza. Iyo mico ni iyihe? Ni iki kizadufasha gukundana no “gukomeza guhumurizanya buri munsi” (1 Tes. 4:18)? Dore imico dukeneye kwitoza: Dukwiriye kwishyira mu mwanya w’abandi, gukundana urukundo rwa kivandimwe no kugwa neza (Kolo. 3:12; 1 Pet. 3:8). None se iyo mico yadufasha ite? Iyo tugiriye abandi impuhwe kandi tukabitaho by’ukuri, bituma twifuza kubahumuriza mu gihe bababaye. Yesu na we yavuze ko ‘ibyuzuye umutima ari byo akanwa kavuga,’ kandi ko “umuntu mwiza atanga ibintu byiza abivanye mu butunzi bwe bwiza” (Mat. 12:34, 35). Ubwo rero, guhumuriza abavandimwe na bashiki bacu bababaye, ni ikintu cy’ingenzi kigaragaza ko tubakunda. w23.11 47:10-11
Ku Cyumweru, tariki ya 31 Kanama
Abafite ubushishozi ni bo bazabisobanukirwa.—Dan. 12:10.
Tugomba gusenga Yehova tumusaba ko yadufasha gusobanukirwa ubuhanuzi bwo muri Bibiliya. Reka dufate urugero. Tekereza wagiye gutemberera ahantu utazi, ariko incuti yawe mwajyanye yo ikaba ihazi neza. Azi aho muri n’aho imihanda yose igana, ku buryo mutayoba. Birumvikana ko wakwishimira kuba uri kumwe n’iyo ncuti yawe. Yehova na we ameze nk’iyo ncuti. Azi neza igihe turimo n’ibintu bizabaho mu gihe kiri imbere. Ubwo rero tugomba kwicisha bugufi, tukamusaba ko yadufasha gusobanukirwa ubuhanuzi bwo muri Bibiliya (Dan. 2:28; 2 Pet. 1:19, 20). Yehova yifuza ko twabaho neza mu gihe kiri mbere, nk’uko undi mubyeyi wese abyifuriza abana be (Yer. 29:11). Icyakora Yehova atandukanye n’ababyeyi b’abantu, kuko we ashobora kuvuga ibintu bizabaho mu gihe kizaza, kandi bikaba neza neza nk’uko yabivuze. Ni yo mpamvu yandikishije ubuhanuzi muri Bibiliya, kugira ngo tumenye ibintu bikomeye bizabaho, mbere y’uko biba.—Yes. 46:10. w23.08 34:3-4
Ku wa Mbere, tariki ya 1 Nzeri
Umuseke udutambikira uvuye mu ijuru.—Luka 1:78.
Yehova yahaye Yesu ubushobozi bwo gukemura ibibazo by’abantu byose. Ibitangaza Yesu yakoze, byagaragaje ko afite ubushobozi bwo gukemura ibibazo twe tutakwikemurira. Urugero, afite ubushobozi bwo gukuraho icyaha, kuko ari cyo gituma abantu bahura n’ibibazo. Nanone azakuraho ingaruka zacyo, hakubiyemo indwara n’urupfu (Mat. 9:1-6; Rom. 5:12, 18, 19). Ibitangaza yakoze byagaragaje ko ashobora no gukiza “indwara z’ubwoko bwose,” kandi akazura abapfuye (Mat. 4:23; Yoh. 11:43, 44). Afite n’imbaraga zo gutuma imiyaga ikaze ituza n’izo kwirukana abadayimoni (Mar. 4:37-39; Luka 8:2). Kuba Yehova yarahaye Umwana we imbaraga zingana zityo, biradushimisha cyane. Dushobora kwizera tudashidikanya ko ibintu byiza byose Imana yadusezeranyije, bizabaho. Ibitangaza Yesu yakoze, bigaragaza ko azakora ibirenze ibyo, igihe azaba ategeka isi. w23.04 15:5-7