ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • my inkuru 27
  • Umwami mubi ategeka Misiri

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Umwami mubi ategeka Misiri
  • Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Mose yahisemo gukorera Yehova
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Bambuka Inyanja Itukura
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ibindi byago bitandatu
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibyago bitatu bya mbere
    Amasomo wavana muri Bibiliya
Reba ibindi
Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
my inkuru 27
Abisirayeli bakora ubucakara mu Misiri mu gihe cya Farawo

INKURU YA 27

Umwami mubi ategeka Misiri

ABA bagabo barimo barakoresha abantu umurimo w’agahato. Reba nawe uwo mugabo urimo ukubita ikiboko umwe muri abo bakozi! Abo bakozi ni abo mu muryango wa Yakobo, kandi bitwa Abisirayeli. Naho abo bagabo barimo babakoresha umurimo w’agahato ni Abanyamisiri. Abisirayeli babaye abacakara babo. Ibyo se byaje bite?

Mu myaka myinshi, wa muryango munini wa Yakobo wabaye mu gihugu cya Misiri mu mahoro. Yozefu, wari umuntu wa kabiri ukomeye kuruta abandi bose mu Misiri nyuma y’umwami Farawo, yabitagaho. Hanyuma ariko Yozefu yaje gupfa. Kandi mu Misiri himye undi mwami, Farawo mushya, utarakundaga Abisirayeli.

Uwo Farawo mubi yagize Abisirayeli abacakara, kandi ashyiraho abakoresha b’abagome cyane. Bakoresheje Abisirayeli agahato mu mirimo yo kubakira Farawo imidugudu. Nyamara, Abisirayeli bakomeje kwiyongera. Nyuma y’igihe runaka, Abanyamisiri baje gutinya ko Abisirayeli bari kuba benshi cyane kandi bagakomera cyane.

Abanyamisiri bafata nabi Abisirayeli bari abacakara, bakanabakubita

Waba se uzi icyo Farawo yakoze? Yabwiye abagore bafashaga Abisirayelikazi igihe babaga bagiye kubyara ati ‘umwana w’umuhungu wese uzavuka mujye mumwica.’ Ariko kubera ko abo bagore bari beza, ntibishe izo mpinja.

Nuko Farawo ategeka abantu be bose ati ‘mufate abana b’abahungu b’Abisirayeli maze mubice. Abana b’abakobwa abe ari bo bonyine mureka babeho.’ Gutanga itegeko nk’iryo byari igikorwa kibi cyane. Si byo se? Reka turebe uko umwe muri abo bana b’abahungu yarokotse.

Kuva 1:6-22.

Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze