ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • gl pp. 24-25
  • Ubwoko bw’Imana Busubira mu Gihugu Cyabwo

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ubwoko bw’Imana Busubira mu Gihugu Cyabwo
  • Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Ibisa na byo
  • Ingaruka u Bugiriki na Roma Byagize ku Bayahudi
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Ibihugu Bivugwa muri Bibiliya
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Ibihugu Byagiye Bitera Igihugu cy’Isezerano
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Ubukristo Bwakwirakwiriye Hirya no Hino
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
Reba ibindi
Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
gl pp. 24-25

Ubwoko bw’Imana Busubira mu Gihugu Cyabwo

AKARERE kagize igihugu ubu kizwi ku izina rya Irani, gakikijwe n’uruhererekane rw’imisozi ya Eliburuzi (mu majyepfo y’Inyanja ya Kasipiyene), n’iya Zagurosi (mu majyepfo y’iburasirazuba bw’Ikigobe cya Peresi). Iyo misozi iciwemo kabiri n’ibibaya bigari birumbuka cyane, bikikijwe n’ishyamba rya cyimeza. Muri ibyo bibaya hari ikirere mberabyombi, ariko mu bitwa bigerwamo n’imiyaga myinshi ho haba ubukonje bwinshi mu itumba. Mu nkengero z’iyo misozi hari ibitwa bigizwe n’ubutayu bidatuwe cyane. Muri ako karere k’iburasirazuba bwa Mezopotamiya, ni ho Ubwami bw’Abamedi n’Abaperesi bwakomotse.

Abamedi bari batuye mu bitwa byo mu majyaruguru, nubwo nyuma y’igihe baje gukwirakwira muri Arumeniya na Kilikiya hose. Abaperesi bo bari batuye mu bitwa byo mu majyepfo, ahagana iburasirazuba bw’ikibaya cy’Uruzi rwa Tigre. Ahagana mu kinyejana cya gatandatu rwagati M.I.C., ubwo bwami bwombi, buyobowe na Kuro, bwishyize hamwe maze bubyara Ubwami bw’Igihangange bw’Isi Yose bw’Abamedi n’Abaperesi.

Kuro yigaruriye Babuloni mu mwaka wa 539 M.I.C. Mu ruhande rw’iburasirazuba, ubwami bwe bwageraga mu Buhinde. Naho mu ruhande rw’iburengerazuba, bwageraga muri Egiputa no muri Turukiya y’ubu. Daniyeli yasobanuye neza Ubwami bw’Abamedi n’Abaperesi avuga ko bwari nk’“idubu” y’inkazi ‘iconshomera inyama nyinshi’ (Dn 7:⁠5). Kuro yari umwami witaga ku baturage be kandi akaborohera. Yagabanyije ubwami bwe mo intara. Buri ntara yategekwaga n’umutware, ubusanzwe wabaga ari Umuperesi, ariko wabaga yungirijwe n’undi mutegetsi ukomoka muri iyo ntara. Abaturage bo muri ubwo bwami baterwaga inkunga yo kugumana imico yabo n’amadini yabo.

Nk’uko Ezira na Nehemiya babisobanuye, ni mu rwego rwo kubahiriza iryo tegeko rye Kuro yemereye Abayahudi gusubira iwabo, bakongera gushyiraho ugusenga k’ukuri no gusana Yerusalemu. Mbese, utekereza ko abo Bayahudi, icyo gihe bari benshi, baba baratashye banyuze inzira Aburahamu yari yaranyuzemo, inyura ku Ruzi rwa Ufurate, igatunguka i Karikemeshi? Baba se baranyuze iy’ubusamo, inyura i Tadumori ikagera i Damasiko? Nta cyo Bibiliya ibivugaho. (Reba ipaji ya 6 n’iya 7.) Nyuma y’igihe, Abayahudi bagiye gutura no mu tundi duce tw’ubwami, urugero nko mu bibaya bya Nili no mu turere two mu majyepfo. Indi miryango myinshi y’Abayahudi yakomeje kwibera i Babuloni, ibyo bikaba wenda ari byo byatumye intumwa Petero ajya kuhasura hashize ibinyejana byinshi nyuma y’aho (1 Pt 5:13). Koko rero, Ubwami bw’Abamedi n’Abaperesi bwagize uruhare mu gutuma Abayahudi baboneka hirya no hino mu bwami bwaje gukurikiraho bw’Abagiriki, na nyuma y’aho ubw’Abaroma.

Abamedi n’Abaperesi bamaze gufata umujyi wa Babuloni, warangwaga n’ubushyuhe bwinshi cyane mu mpeshyi, bawugize umurwa mukuru w’ubutegetsi. Naho umujyi wa Shushani wahoze ari umurwa mukuru wa Elamu, wari umwe mu mijyi yarimo urugo rw’umwami. Aho ni ho Ahasuwerusi, Umwami w’Umuperesi (uko bigaragara akaba ari we Xerxès wa I), yarongoreye Esiteri akamugira umwamikazi, na we akaza kuburizamo umugambi mubisha wo gutsemba ubwoko bw’Imana muri ubwo bwami bugari. Indi mirwa mikuru y’Abamedi n’Abaperesi yari Ekibatane (wari ku butumburuke bwa metero 1.900) na Pazarigade (na wo wari ku butumburuke nk’ubwo, ariko ukaba ku birometero 960 mu majyepfo y’iburasirazuba).

Ubwo bwami bwaje guhirima bute? Igihe ubwami bw’Abamedi n’Abaperesi bwari bumaze gukomera, bwagiye guhangana n’Abagiriki babwigometseho ku rugabano rwo mu majyaruguru y’iburengerazuba. Icyo gihe, u Bugiriki bwari bugizwe n’intara zigenga zahoraga zishyamiranye. Ariko zaje kwishyira hamwe zinesha ingabo z’Abaperesi mu bitero simusiga byabereye i Marato n’i Salamini. Ibyo ni na byo byaje gutuma Abamedi n’Abaperesi barushwa amaboko n’u Bugiriki bwiyunze.

[Agasanduku ko ku ipaji ya 25]

Abagabo b’Abisirayeli bagera ku 50.000, bayobowe na Zerubabeli, bakoze urugendo rw’ibirometero biri hagati ya 800 na 1.600 (bitewe n’inzira banyuzemo) basubira i Yerusalemu. Bakigerayo, bahanganye n’ikibazo gikaze cy’ubukungu. Igihugu cyabo cyari kimaze imyaka 70 yose ari umusaka. Abari bavuye mu bunyage batangiye gusubizaho gahunda y’ugusenga k’ukuri, basana igicaniro, maze batangira gutambira Yehova ibitambo. Ku muhindo wo mu mwaka wa 537 M.I.C., bizihije Umunsi Mukuru w’Ingando (Yr 25:11; 29:10). Hanyuma, abo bari bavuye mu bunyage batangiye kubaka imfatiro z’inzu ya Yehova.

[Agasanduku ko ku ipaji ya 25]

IBITABO BYA BIBILIYA BYANDITSWE MURI ICYO GIHE:

Daniyeli

Hagayi

Zekariya

Esiteri

Zaburi (ibice bimwe)

1 na 2 Ngoma

Ezira

Nehemiya

Malaki

[Ikarita yo ku ipaji ya 24]

(Niba wifuza kureba uko bimeze, reba mu gatabo)

Ubwami bw’Abamedi n’Abaperesi

A2 MAKEDONIYA

A2 TARASE

A4 Kurene

A4 LIBIYA

B2 Bizanse

B2 LIDIYA

B3 Sarudi

B4 Mofu (Nofu)

B4 EGIPUTA

B5 No Amoni (Tebe)

B5 Sevene

C3 KILIKIYA

C3 Taruso

C3 Isuzi

C3 Karikemeshi

C3 Tadumori

C3 SIRIYA

C3 Sidoni

C3 Damasiko

C3 Tiro

C4 Yeusalemu

D2 Fazisi

D2 ARUMENIYA

D3 ASIRIYA

D3 Nineve

D4 Babuloni

E3 U BUMEDI

E3 Ekibatane (Akimeta)

E3 HIRUKANIYA

E4 Shushani (Susa)

E4 ELAMU

E4 Pazarigade

E4 Perisepolisi

E4 U BUPERESI

F3 PARITI

F4 DARANGIYANE

G2 Marakanda (Samarikande)

G3 SOGIDIYANE

G3 BAGITIRIYANE

G3 ARIYA

G4 ARAKOZIYA

G4 GEDOROZIYA

H5 U BUHINDI

[Utundi turere]

A2 U BUGIRIKI

A3 Marato

A3 Atenayi

A3 Salamini

C1 SIKUTI

C4 Elati (Eloti)

C4 Tema

D4 ARABIYA

[Imisozi]

E3 IMISOZI YA ELIBURUZI

E4 IMISOZI YA ZAGUROSI

[Inyanja]

B3 Inyanja ya Mediterane (Inyanja Nini)

C2 Inyanja Yirabura

C5 Inyanja Itukura

E2 Inyanja ya Kasipiyene

E4 Ikigobe cya Peresi

[Inzuzi]

B4 Nili

Ufurate

Tigre

Indusi

[Ifoto yo ku ipaji ya 24]

Kugira ngo ingabo za Kuro zigere i Babuloni, zabanje kwambuka imisozi ya Zagurosi

[Ifoto yo ku ipaji ya 25]

Haruguru: Irembo ry’Amahanga, i Perisepolisi

[Ifoto yo ku ipaji ya 25]

Agafoto ko hagati: imva ya Kuro, i Pazarigade

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze