ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • km 10/01 p. 8
  • Icyo Umuntu Yavuga ku Bihereranye n’Amagazeti

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Icyo Umuntu Yavuga ku Bihereranye n’Amagazeti
  • Umurimo Wacu w’Ubwami—2001
  • Ibisa na byo
  • Icyo umuntu yavuga ku bihereranye n’amagazeti
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2006
  • Icyo umuntu yavuga ku bihereranye n’amagazeti
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2007
  • Icyo umuntu yavuga ku bihereranye n’amagazeti
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2002
  • Icyo umuntu yavuga ku bihereranye n’amagazeti
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2005
Reba ibindi
Umurimo Wacu w’Ubwami—2001
km 10/01 p. 8

Icyo Umuntu Yavuga ku Bihereranye n’Amagazeti

UMUNARA W’UMURINZI 15 Ukw.

“Haba hasabwa iki kugira ngo isi irusheho kuba ahantu heza kandi hashimishije? [Reka asubize.] Abantu bagerageje uburyo bwose bw’ubutegetsi bagenda babusimburanya kugira ngo ibintu birusheho kuba byiza. Ariko kandi, zirikana uko Imana ibibona. [Soma muri Yeremiya 10:23.] Iyi ngingo ihishura ‘Urufunguzo Rwatuma Isi Igira Ibyishimo,’ igaragaza ukuntu ibyo bizabaho vuba aha.”

Réveillez-vous! 22 Ukw.

“Mbese, waba wemera ko muri iki gihe abantu baremerewe n’ibintu byinshi cyane kurusha mbere hose? [Reka asubize.] Bibiliya yari yarabihanuye. [Soma muri 2 Timoteyo 3:1.] Abantu benshi babona ko ubuzima bugoye cyane maze bakabuzinukwa. Iyi gazeti itera inkunga nyayo. Igaragaza uburyo bwo kurwanya ibyiyumvo byo kwiheba no gutuma ubuzima bushimisha.”

UMUNARA W’UMURINZI 1 Ugu.

Nyuma yo kubwira umuntu inkuru ibabaje, mubaze uti “kuki abantu bakora ibintu bibi nk’ibyo? N’ubwo twese twagombye kumenya gutandukanya icyiza n’ikibi, abantu baracyakora ibintu bibi. Ibyo biterwa n’iki? [Reka asubize, hanyuma usome mu Byahishuwe 12:9.] Iyi gazeti isobanura ukuntu twakwirinda ubwacu binyuriye mu kurinda umutimanama wacu.”

Réveillez-vous! 8 Ugu.

“Ushobora kuba wemera ko turi mu bihe birangwa n’urugomo. [Reka asubize, hanyuma usome muri 2 Timoteyo 3:3.] Akenshi, ibikorwa by’ “urugomo” bibera no mu muryango. Iyi ngingo ifite umutwe uvuga ngo ‘Ubufasha ku Bagore Bakubitwa,’ itanga ubutumwa bw’ibyiringiro. Ushobora kuba uzi umuntu runaka wayigezaho.”

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze