Igitabo cya mbere cy’Abami
5 Hiramu umwami w’i Tiro+ amaze kumva ko Salomo ari we wasutsweho amavuta agasimbura papa we, yamutumyeho abagaragu be, kuko yari incuti ya Dawidi.*+ 2 Salomo na we yoherereza Hiramu+ ubutumwa bugira buti: 3 “Uzi neza ko papa wanjye Dawidi atashoboye kubaka inzu yitirirwa izina rya Yehova Imana ye, kubera ko yahoraga arwana n’abanzi be bamuteraga baturutse impande zose, kugeza igihe Yehova yamufashije akabatsinda.*+ 4 None Yehova Imana yanjye yampaye amahoro impande zose.+ Nta muntu n’umwe undwanya kandi nta kintu na kimwe kiduteye ubwoba.+ 5 Ubwo rero, ndashaka kubaka inzu izitirirwa izina rya Yehova Imana yanjye, nk’uko Yehova yabisezeranyije papa wanjye Dawidi ati: ‘umwana wawe nzicaza ku ntebe yawe y’ubwami akagusimbura, ni we uzubaka inzu yo kubahisha izina ryanjye.’+ 6 None rero tegeka abantu bawe bantemere amasederi yo muri Libani.+ Abagaragu banjye bazakorana n’abawe kandi ibihembo byose uzansaba nzabibaha, kuko uzi neza ko nta muntu n’umwe muri twe uzi gutema ibiti nk’Abanyasidoni.”+
7 Hiramu yumvise ayo magambo ya Salomo aramushimisha cyane maze aravuga ati: “Yehova ashimwe kuko yahaye Dawidi umwana w’umunyabwenge ngo ategeke aba bantu bakomeye!”*+ 8 Nuko Hiramu atuma kuri Salomo ati: “Ubutumwa bwawe bwangezeho. Nzaguha ibiti wifuza byose by’amasederi n’ibiti by’imiberoshi.+ 9 Abagaragu banjye bazabivana muri Libani babimanukane babigeze ku nyanja. Nzabihambiranya, mbyambutse inyanja mbigeze aho uzambwira maze mbisatuze, kugira ngo ushobore kubitwara. Icyo njye ngusaba ni uko nawe wazajya umpa ibyokurya by’abo mu rugo rwanjye.”+
10 Nuko Hiramu akajya aha Salomo ibiti by’amasederi n’ibiti by’imiberoshi yifuzaga byose. 11 Salomo na we akajya aha Hiramu toni 3.200* z’ingano kugira ngo zibe ibyokurya by’abo mu rugo rwa Hiramu, na litiro 4.400* z’amavuta meza y’imyelayo.* Ibyo ni byo Salomo yahaga Hiramu buri mwaka.+ 12 Nuko Yehova na we aha Salomo ubwenge nk’uko yari yarabimusezeranyije.+ Hiramu na Salomo babana neza, ndetse bagirana isezerano.
13 Umwami Salomo yashyirishijeho imirimo y’agahato. Abayikoraga+ bari abagabo 30.000 baturutse muri Isirayeli hose. 14 Yaboherezaga muri Libani mu byiciro, buri kwezi akohereza abantu 10.000. Bamaraga ukwezi kumwe muri Libani, andi abiri bakayamara mu ngo zabo. Adoniramu+ ni we wari umuyobozi w’abakoraga imirimo y’agahato. 15 Salomo yari afite abakozi 70.000 basanzwe* n’abakozi 80.000 bo guconga amabuye+ mu misozi.+ 16 Yari afite n’abandi 3.300 bari bahagarariye+ amakipe y’abo bakozi. 17 Umwami yabategetse gucukura amabuye manini n’amabuye ahenze,+ bakayaconga+ kugira ngo bayubakishe fondasiyo+ y’iyo nzu. 18 Nuko abubatsi ba Salomo n’abubatsi ba Hiramu n’Abagebali+ baconga amabuye, bategura ibiti n’amabuye byo kubaka iyo nzu.