-
Matayo 21:33-41Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
33 “Nimwumve undi mugani: Hari umugabo wari ufite umurima, awuteramo uruzabibu araruzitira,+ atunganya aho azajya yengera imizabibu yubakamo n’umunara.*+ Nuko arusigira abahinzi ajya mu gihugu cya kure.+ 34 Igihe cyo gusarura imbuto kigeze, atuma abagaragu be kuri abo bahinzi ngo bamuzanire imbuto ze. 35 Ariko abo bahinzi bafata abagaragu be, umwe baramukubita, undi baramwica, undi bamutera amabuye.+ 36 Yongera kubatumaho abandi bagaragu baruta aba mbere kuba benshi, ariko na bo babagenza batyo.+ 37 Amaherezo abatumaho umwana we, yibwira ati: ‘umwana wanjye we bazamwubaha.’ 38 Ba bahinzi bamubonye barabwirana bati: ‘dore uzasigarana ibye!+ Nimuze tumwice maze dutware umurage* we.’ 39 Nuko baramufata bamujugunya inyuma y’uruzabibu, baramwica.+ 40 None se nyiri uruzabibu naza, azakorera iki abo bahinzi?” 41 Abakuru b’abatambyi n’abayobozi b’Abayahudi baramusubiza bati: “Kubera ko ari babi, azabarimbura maze uruzabibu aruhe abandi bahinzi bazajya bamuha imbuto zimaze kwera.”
-
-
Luka 20:9-16Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
9 Nuko acira abantu uyu mugani ati: “Hari umuntu wateye uruzabibu+ maze arusigira abahinzi, ajya mu gihugu cya kure amarayo igihe kirekire.+ 10 Igihe cyo gusarura kigeze, atuma umugaragu kuri abo bahinzi, kugira ngo bamuhe ku mbuto zo mu ruzabibu rwe. Ariko abo bahinzi baramukubita, baramwirukana agenda nta cyo ajyanye.+ 11 Nuko yongera kubatumaho undi mugaragu. Na we baramukubita baramwandagaza, bamwohereza nta cyo ajyanye. 12 Yongera kubatumaho uwa gatatu, baramukomeretsa maze bamujugunya hanze. 13 Nyiri uruzabibu abibonye aravuga ati: ‘ubu se nzabigenza nte? Ngiye kubatumaho umwana wanjye nkunda.+ Wenda we bazamwubaha.’ 14 Abo bahinzi bamubonye bajya inama bati: ‘uyu ni we uzasigarana ibye. Nimuze tumwice maze dutware umurage* we.’ 15 Nuko bamujugunya hanze y’uruzabibu baramwica.+ None se nyiri uruzabibu azagenza ate abo bahinzi? 16 Azaza yice abo bahinzi, hanyuma uruzabibu aruhe abandi.”
Babyumvise baravuga bati: “Ibintu nk’ibyo ntibikabeho rwose!”
-