ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Matayo 21:33-41
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 33 “Nimwumve undi mugani: Hari umugabo wari ufite umurima, awuteramo uruzabibu araruzitira,+ atunganya aho azajya yengera imizabibu yubakamo n’umunara.*+ Nuko arusigira abahinzi ajya mu gihugu cya kure.+ 34 Igihe cyo gusarura imbuto kigeze, atuma abagaragu be kuri abo bahinzi ngo bamuzanire imbuto ze. 35 Ariko abo bahinzi bafata abagaragu be, umwe baramukubita, undi baramwica, undi bamutera amabuye.+ 36 Yongera kubatumaho abandi bagaragu baruta aba mbere kuba benshi, ariko na bo babagenza batyo.+ 37 Amaherezo abatumaho umwana we, yibwira ati: ‘umwana wanjye we bazamwubaha.’ 38 Ba bahinzi bamubonye barabwirana bati: ‘dore uzasigarana ibye!+ Nimuze tumwice maze dutware umurage* we.’ 39 Nuko baramufata bamujugunya inyuma y’uruzabibu, baramwica.+ 40 None se nyiri uruzabibu naza, azakorera iki abo bahinzi?” 41 Abakuru b’abatambyi n’abayobozi b’Abayahudi baramusubiza bati: “Kubera ko ari babi, azabarimbura maze uruzabibu aruhe abandi bahinzi bazajya bamuha imbuto zimaze kwera.”

  • Luka 20:9-16
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 9 Nuko acira abantu uyu mugani ati: “Hari umuntu wateye uruzabibu+ maze arusigira abahinzi, ajya mu gihugu cya kure amarayo igihe kirekire.+ 10 Igihe cyo gusarura kigeze, atuma umugaragu kuri abo bahinzi, kugira ngo bamuhe ku mbuto zo mu ruzabibu rwe. Ariko abo bahinzi baramukubita, baramwirukana agenda nta cyo ajyanye.+ 11 Nuko yongera kubatumaho undi mugaragu. Na we baramukubita baramwandagaza, bamwohereza nta cyo ajyanye. 12 Yongera kubatumaho uwa gatatu, baramukomeretsa maze bamujugunya hanze. 13 Nyiri uruzabibu abibonye aravuga ati: ‘ubu se nzabigenza nte? Ngiye kubatumaho umwana wanjye nkunda.+ Wenda we bazamwubaha.’ 14 Abo bahinzi bamubonye bajya inama bati: ‘uyu ni we uzasigarana ibye. Nimuze tumwice maze dutware umurage* we.’ 15 Nuko bamujugunya hanze y’uruzabibu baramwica.+ None se nyiri uruzabibu azagenza ate abo bahinzi? 16 Azaza yice abo bahinzi, hanyuma uruzabibu aruhe abandi.”

      Babyumvise baravuga bati: “Ibintu nk’ibyo ntibikabeho rwose!”

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze