Kuva
37 Besaleli+ abaza Isanduku+ mu mbaho z’igiti cyo mu bwoko bw’umunyinya. Uburebure bwayo bwari metero imwe na santimetero 11,* ubugari bwayo ari santimetero 67* n’ubuhagarike ari santimetero 67.+ 2 Ayisiga zahabu itavangiye imbere n’inyuma kandi ayizengurutsaho umuguno wa zahabu.+ 3 Hanyuma ayicurira impeta enye nini za zahabu azishyira hejuru y’amaguru yayo uko ari ane, ashyira impeta ebyiri ku ruhande rumwe n’izindi ebyiri ku rundi ruhande. 4 Abaza n’imijishi* mu mbaho z’igiti cyo mu bwoko bw’umunyinya, ayisiga zahabu.+ 5 Iyo mijishi ayiseseka muri za mpeta ziri ku mpande z’Isanduku, kugira ngo bajye bayikoresha baheka Isanduku.+
6 Iyo sanduku ayikorera umupfundikizo muri zahabu itavangiye.+ Uburebure bwawo bwari metero imwe na santimetero 11 n’ubugari bwawo ari santimetero 67.+ 7 Hanyuma akora abakerubi+ babiri muri zahabu, umwe amushyira ku mpera imwe y’umupfundikizo,+ undi amushyira ku yindi. 8 Umukerubi umwe yari ku mpera imwe, undi ari ku yindi. Abo bakerubi bombi yabashyize ku mpera zombi z’umupfundikizo. 9 Abo bakerubi bari barambuye amababa yabo+ yombi bayerekeje hejuru, bayatwikirije umupfundikizo. Bari berekeranye bareba ku mupfundikizo.+
10 Abaza ameza mu mbaho z’igiti cyo mu bwoko bw’umunyinya.+ Uburebure bwayo bwari santimetero 89,* ubugari bwayo ari santimetero 44 n’ibice 5,* n’ubuhagarike bwayo ari santimetero 67.+ 11 Ayasiga zahabu itavangiye kandi ayazengurutsaho umuguno wa zahabu. 12 Ayakorera umuzenguruko* ufite ubugari bureshya na santimetero zirindwi n’ibice bine,* kandi uwo muzenguruko awushyiraho umuguno wa zahabu. 13 Ayacurira impeta enye nini muri zahabu maze azishyira mu nguni enye aho buri kuguru kw’ameza gutereye. 14 Izo mpeta zari zegereye umuzenguruko kandi zari izo gushyirwamo imijishi yo guheka ameza. 15 Hanyuma abaza imijishi yo guheka ameza, ayibaza mu giti cyo mu bwoko bw’umunyinya kandi ayisiga zahabu. 16 Arangije akora ibikoresho by’ameza: Amasahani, ibikombe, udusorori n’utubinika two gusukisha ituro rya divayi, byose abikora muri zahabu itavangiye.+
17 Akora igitereko cy’amatara,+ agicura muri zahabu itavangiye. Uruti rwacyo n’indiba yacyo, amashami yacyo, udukombe twacyo, amapfundo yacyo n’uburabyo bwacyo, byose byari bifatanye na cyo.+ 18 Icyo gitereko cyari gifite amashami atandatu ku ruti rwacyo, amashami atatu mu ruhande rumwe n’andi atatu mu rundi ruhande. 19 Kuri buri shami ryo ku ruhande rumwe hari udukombe dutatu dufite ishusho y’indabyo z’agati k’umuluzi, tugiye dukurikirana n’amapfundo n’uburabyo. No kuri buri shami ryo ku rundi ruhande hari udukombe dutatu dufite ishusho y’indabyo z’agati k’umuluzi, tugiye dukurikirana n’amapfundo n’uburabyo. Uko ni ko amashami atandatu ari ku ruti rw’icyo gitereko cy’amatara yari ameze. 20 Kuri urwo ruti rw’igitereko hariho udukombe tune dufite ishusho y’indabyo z’agati k’umuluzi, tugiye dukurikirana n’amapfundo n’uburabyo. 21 Ipfundo riri munsi y’amashami abiri abanza ryari riteye ku ruti, ipfundo riri munsi y’amashami abiri akurikiyeho riteye ku ruti n’ipfundo riri munsi y’andi mashami abiri akurikiyeho na ryo riteye ku ruti. Uko ni ko byari bimeze ku mashami atandatu yari ateye ku ruti. 22 Amapfundo, amashami n’icyo gitereko cyose, byari ikintu kimwe, gicuzwe muri zahabu itavangiye. 23 Yagikoreye amatara arindwi,+ udukoresho two kuvana ibishirira ku rutambi n’udukoresho two kubishyiraho, abicura muri zahabu itavangiye. 24 Icyo gitereko n’ibikoresho byacyo byose yabicuze muri zahabu itavangiye, ipima ibiro 34 na garama 200.*
25 Abaza igicaniro cyo gutwikiraho umubavu,+ akibaza mu mbaho z’igiti cyo mu bwoko bw’umunyinya. Cyari gifite uburebure bwa santimetero 44 n’ibice 5* n’ubugari bwa santimetero 44 n’ibice 5, gifite impande enye zingana, n’ubuhagarike bwa santimetero 89. Amahembe yacyo yari akoranywe na cyo.+ 26 Agisiga zahabu itavangiye ku ruhande rwo hejuru, ku mpande zacyo zose no ku mahembe yacyo, kandi akizengurutsaho umuguno wa zahabu. 27 Agikorera impeta ebyiri muri zahabu, azitera munsi y’umuguno wacyo ku mpande zacyo ebyiri ziteganye, kugira ngo zizajye zishyirwamo imijishi yo kugiheka. 28 Hanyuma abaza imijishi mu mbaho z’igiti cyo mu bwoko bw’umunyinya, ayisiga zahabu. 29 Akora n’amavuta yera+ n’umubavu utunganyijwe uhumura neza+ kandi ukoranywe ubuhanga.